Tour du Rwanda 2026: Jurgen Zomermaand yegukanye agace ka Gatatu afata umwambaro w’umuhondo
Siporo

Tour du Rwanda 2026: Jurgen Zomermaand yegukanye agace ka Gatatu afata umwambaro w’umuhondo

ZIGAMA THEONESTE

February 24, 2026

Umuholandi Jurgen Zomermaand w’imyaka 20 ukinira Dévelopment Picnic PostNL yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda 2026 nyuma yo amasaha atatu, iminota 44 n’amasegonda 53.

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Gashyantare 2026, ni bwo hakinwe ako gace ka Gatatu ka Tour du Rwanda 2026, abakinnyi bahagurukiye i Huye basoreza i Rusizi, aho bakoze intera ya Kilometero 145.3.

Abakinnyi 79 muri 84 batangiye irushanwa bamwe bavuyemo kubera impamvu zitandukanye, ni bo basiganwa uyu munsi babanza gukora urugendo rw’ibilometero 2 bisa no kwishyushya mbere y’uko batangira kubarirwa ibihe.

Yari inshuro ya kane kandi agace ka Tour du Rwanda igiye gusorezwa i Rusizi. Ni nyuma y’agace ka gatatu ka Tour du Rwanda ya 2016, kavuye i Karongi kerekezayo.

Ni agace kari kagizweho udusozi dutanu dutanga amanota yo kuzamuka harimo umusozi wa Nyamagabe ku kilometero cya 25 na ho aya kabiri atangirwe i Kigeme ku kilometero cya 39,3.

Amanota ya gatatu yatangiwe kuzamuka yatangirwa ku musozi wa Gishwati uri ku bilometero cya 47 by’ubutumburuke.

Amanota ya kane yo kuzamuka yatangiwe ku musozi wa Nyungwe [uri mu Pariki y’Igihugu ya Nyungwe] ku kilometero cya 59,7 cy’isiganwa na ho aya gatanu atangirwa ku musozi wa Pindura ku kilometero cya 69. Ni mu gihe aya nyuma yatangiwe ku musozi wa Bushenge aho abakinnyi bari bamaze gukora ibilometero 127.

Umunya-Eritrea Mewael Girmay w’Ikipe ya Istanbul Team ni we wegukanye amanota y’umusozi wa mbere, Miguel Heidmann yegukanye amanota y’umusozi wa Kabiri n’uwa gatatu, Reuben Thompson wa Lotto-Groupe Wanty yegukana ay’umusozi wa Kane n’uwa gatanu mu gihe Zomermand yegukanye amanota ya nyuma yo kuzamuka kurusha abandi.

Habura ibilometero bitatu bya nyuma Zomermaand wa Picnic Team yafashe icyemezo asiga bagenzi be bari kumwe mu gikundi ayobora isiganwa wenyine.

Uyu mukinnyi yakomeje kongera ibihe maze agera mu mujyi wa Rusizi, asize bagenzi be akoze urugendo rw’amasaha atatu, imonata 44 n’amasegonda 43.

Yakurikiwe na Van Gils Lucas wa Lotto-Groupe Wanty yasizwe amasegonda 20 mu gihe Vanhuffel bakinana muri Dévelopment Picnic PostNL na we yasizwe amasegonda 20.

Umunyarwanda waje hafi ni Niyonkuru Samuel wa Team Amani wasoreje ku mwanya wa 10 arushwa n’uwa mbere amasegonda 43.

Uyu Muholandi ni we wahise ahabwa umwambaro w’umuhondo nyuma yo kuyobora urutonde rusange nyuma y’uduce dutatu aho amaze gukoresha amasaha 10, iminota 55 n’amasegonda atandatu akurikiwe na Vanhuffel Matteo na Van Gils Lucas arusha amasegonda 20 mu gihe Da Silva Avanchi Henrique wa kane arusha amasegonda 22.

Tour du Rwanda ya 2026 izakomeza ku wa Gatatu, tariki ya 25 Gashyantare, hakinwa agace ka Kane aho biteganyijwe ko abakinnyi bazahagurukira i Karongi berekeza i Rubavu ku ntera y’ibilometero 127.

Mu mujyi wa Rusizi abantu bari benshi bakurikirana isozwa rya Tour du Rwanda
Isiganwa ryatangiriye mu karere ka Huye

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA