Umunya-Espagne Pau Martí w’imyaka 21, ukinira Ikipe ya NSN Devo Team yo mu Busuwisi, yegukanye agace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2026, nyuma yo amasaha atatu, iminota 10 n’amasegonda 10.
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 23 Gashyantare 2026, ni bwo hakinwe ako gace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2026, abakinnyi bahagurukiye i Nyamata mu Karere ka Bugesera, gasorezwa i Huye, aho bakoze intera ya Kilometero 134,6.
Ni agace katangiriye imbere y’Ibiro by’Akarere ka Bugesera i Nyamata, abakinnyi batangiye kubarirwa ibihe bagenze ku muhanda ugana kuri Stade ya Bugesera.
Yari inshuro ya karindwi kuva mu 2015, Tour du Rwanda inyuze i Nyamata, mu Karere ka Bugesera
Ni mu gihe yari inshuro ya kane hatangiriye isiganwa ry’iri rushanwa riri kuba ku nshuro ya 18 kuva ribaye mpuzamahanga mu 2009.
Amanota y’umusozi wa mbere mu kuzamuka yatangiwe i Nyamiyaga ku kilometero cya 83,9 yegukanywe n’Umudage Heidemann Miguel ukinira Rembe Rad-Net. Andi y’umusozi wa kabiri i Gasoro ku kilometero cya 96,3, yegukanywe na Martins Paul.
Mu bilometero bibiri bya nyuma abakinnyi batangiye gutegura uburyo bakoramo ‘sprint’ isozo isiganwa nyuma yo kugabanya ibihe kubari bayoboye.
Umunya-Espagne Pau Martí w’imyaka 21, ukinira Ikipe ya NSN Devo Team ni we wegukanye isiganwa nyuma yo gusiga abandi bari kumwe agera ku murongo mbere.
Yakurikiwe n’abakinnyi icyenda baganya ibihe barimo Mulueberhan Henok w’ikipe y’igihugu ya Eritrea na Cuylits Mauro wa Lotto-Groupe Wanty.
Ni intsinzi ya kabiri yikurikiranya kuri NSN nyuma y’uko mugenzi we bakinana muri Itamar Einhorn yari yatsinze agace ka Rukomo(Gicumbi)-Rwamagana kanwe ku cyumweru.
Umunyarwanda waje hafi Nsengiyumva Shemu wa Team Rwanda wasoreje ku mwanya wa 20 aho arushwa n’uwa mbere umunota umwe n’amasegonda 39.
Uyu Munya-Espagne ni we wahise ahabwa umwambaro w’umuhondo nyuma y’aka gace awambuye Itamar Einhorn bakinana, kubera amasegonda 10 yabonye kuri “sprint” yo ku murongo imbere y’inzu y’Imberabyombi i Huye aho iryo siganwa ryasorejwe.
Itamar ntiyaje mu bakinnyi 40 ba mbere ndetse kugeza kuri uwo mwanya, umukinnyi waho yarushwaga amasegonda 11 na Marti Pau mu bihe bisanzwe.
Tour du Rwanda ya 2026 izakomeza ku wa Kabiri, tariki ya 24 Gashyantare, hakinwa agace ka Gatatu aho biteganyijwe ko abakinnyi bakazahagurukira i Huye ku isaha ya saa tanu za mugitondo, bagasoreza i Rusizi ku ntera y’ibilometero 145,3.




