Trump yaburiye Perezida mushya wa Venezuela nyuma yo gushimuta Maduro
Mu Mahanga

Trump yaburiye Perezida mushya wa Venezuela nyuma yo gushimuta Maduro

KAMALIZA AGNES

January 5, 2026

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) Donald J. Trump, yaburiye Perezida w’Inzibacyuho wa Venezuela Delcy Rodríguez, ko ashobora kwishyura ikiguzi gikomeye cyane kirenze icya Nicolás Maduro nadakora ibyo Amerika ishaka.

Mu kiganiro Trump yahaye  ikinyamakuru The Atlantic, yavuze ko impinduka mu butegetsi bwa Venezuela uko wabyita kose ziruta uko zahoze.

Mu nama ye ya mbere n’abagize Guverinoma, Perezida Delcy Rodríguez yavuze ko abaturage be n’Akarere bakeneye amahoro n’ibiganiro, badakeneye intambara.

Perezida Delcy yavuze ko yiteguye gufatanya na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gutegura ahazaza heza ha Venezuela kandi bagatera intambwe iganisha ku mubano w’ubwubahane hagati y’ibihugu byombi.

Hagati aho kuri uyu wa Mbere, Nicolás Maduro n’umugore we bategereje kwitaba urukiko i New York nyuma yo gufatirwa mu bitero byagabwe na Amerika mu mpera z’icyumweru gishize.

Maduro aregwa ibyaha bifitanye isano n’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge nubwo abihakana.

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, yatangaje mu mpera z’icyumweru ko Amerika iri mu ntambara n’imiryango icuruza ibiyobyabwenge, atari gusa Igihugu cya Venezuela.

Nicolás Maduro ashinjwa ibyaha birimo iterabwoba rishingiye ku biyobyabwenge, kwinjiza cocaine muri Amerika, gutunga imbunda n’umugambi wo gutunga izo ntwaro zigamije kwibasira Amerika.

Perezida Donald Trump yavuze ko ibyaha Maduro aregwa ari igisubizo ku bikorwa by’iterabwoba akekwaho byahitanye abaturage bo muri Amerika.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA