U Burundi na OMS mu iperereza ku ndwara itaramenyekana imaze kwica batanu
Mu Mahanga

U Burundi na OMS mu iperereza ku ndwara itaramenyekana imaze kwica batanu

KAYITARE JEAN PAUL

April 12, 2026

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO) rivuga ko ririmo gufatanya n’inzego z’ubuzima mu Burundi, mu iperereza ryo kumenya icyateje indwara itazwi imaze kwica abantu batanu naho abandi 35 bakayandura muri Komine Mpanda, mu Ntara ya Bujumbura, mu Majyaruguru y’Igihugu.

Itangazo rya OMS rivuga ko ibizamini byakorewe muri laboratwari (laboratoire) byagaragaje ko iyo ndwara itari mu ndwara ziterwa na virusi, nka Ebola na Marburg.

OMS ivuga ko yamenyeshejwe iby’iyo ndwara itaramenyekana ku itariki ya 31 Werurwe 2026, ikaba yaragaragaye ahanini mu bantu bo mu rugo rumwe no mu bahuye na bo bya hafi.

Ibimenyetso by’iyo ndwara birimo guhinda umuriro, kuruka, gucibwamo, inkari zirimo amaraso, kugira umunaniro no kubabara mu nda, nkuko OMS ibivuga.

Bamwe mu bafashwe n’iyo ndwara banagaragaje ibimenyetso byo guhinduka umuhondo k’uruhu no kuba umuhondo imbere mu maso n’igabanuka ry’ingano y’amaraso mu mubiri.

Minisitiri w’Ubuzima w’u Burundi Lydwine Baradahana yabwiye OMS ati: “Nubwo ibyavuye mu bizamini [byo kwa muganga] by’ibanze bitanga icyizere ku kuba bitarimo izi ndwara zikaze, iperereza rirakomeje kugira ngo hamenyekane igitera iyi ndwara.

Ingamba zose za ngombwa zarafashwe mu rwego rwo kurinda ubuzima bw’abaturage no kwirinda ikwirakwira ry’iyi ndwara rishobora kubaho.”

OMS ivuga ko itsinda rihuriweho ry’inzobere zo mu Kigo cy’u Burundi cy’ibikorwa byihutirwa by’ubuzima rusange n’izo muri laboratwari nkuru y’Igihugu, ryoherejwe ahagaragaye iyo ndwara kugira ngo rifashe iperereza ririmo gukorerwayo.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA