Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda “Amavubi” yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde rw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) rwasohotse mu Ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 19 Ugushyingo 2025.
Muri uku kwezi, u Rwanda ntirwakinnye umukino n’umwe, yewe n’umwiherero rwakoze wari aw’abakina imbere mu gihugu kandi na bo bakinnyi hagati yabo, banakina na Al Hilal SC yo mu Sudani mu mukino wabereye mu Muhezo.
Uku kwezi kwarangiye u Rwanda rugifite amanota 1117,78.
Mu karere u Rwanda ruherereyemo, ikipe iri imbere ku rutonde ni Uganda iri ku mwanya wa 83 ku Isi yamanutseho umwanya umwe, Tanzania yagumye ku mwanya wa 107, Kenya ya 109 yazamutseho imyanya ibiri n’u Burundi bwa 145 bwamanutseho imyanya ine.
Muri rusange, Ikipe y’Igihugu ya Espagne yaraye ibonye itike yo kujya mu Gikombe cy’Isi cya 2026 yakomeje kuyobora urutonde ku rwego rw’Isi ikurikiwe na Argentine, u Bufaransa, u Bwongereza na Portugal iri ku mwanya wa gatanu.
Ni mu gihe Maroc iri ku mwanya wa mbere muri Afurika na Sénégal, Misiri, Algerie na Nigeria ya gatanu yazamutseho imyanya ine nubwo iherutse gusezererwa na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2026.
Urutonde rutaha ruzasohoka tariki ya 11 Ukuboza 2025
