U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya nyuma ya BAL 2026
Amakuru

U Rwanda rwahawe kwakira imikino ya nyuma ya BAL 2026

SHEMA IVAN

January 31, 2026

Ubuyobozi bw’Irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) 2026 rigiye gukinwa ku nshuro ya gatandatu, rizatangira muri Werurwe,  bwemeje ko imikino ya nyuma yaryo izabera i Kigali.

Ku wa Gatanu, tariki ya 30 Mutarama 2026, ni bwo ubuyobozi bwa BAL bwashyize hanze ingengabihe y’iri rushanwa rikomeye, rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Basketball ya Afurika.

Bitandukanye n’imyaka ishize, kuri iyi nshuro amakipe 12 azakina iri rushanwa, agabanyije mu matsinda abiri buri rimwe ririmo amakipe atandatu, aho kuba amatsinda atatu nkuko byari bisanzwe, bikaba byatumye itsinda rya Sahara Conference rikurwamo.

Ayo matsinda ni Kalahari Conference izakinwa mbere, kuva tariki ya 27 Werurwe kugeza tariki ya 5 Mata 2026, ikazakinirwa mu Mujyi wa Pretoria muri Afurika y’Epfo.

Itsinda rya Nile Conference rizatangira gukinwa tariki ya 24 Mata rigeze tariki ya 3 Gicurasi 2026, aho rizakirwa muri Maroc mu nyubako y’imikino ya Prince Moulay Abdellah Sports Complex mu Mujyi wa Rabat.

Amakipe ane azitwara neza muri buri tsinda, azahurira i Kigali mu Rwanda, aho azakinira imikino ya kamarampaka n’iya nyuma.  Biteganyijwe ko izaba kuva tariki ya 22 kugeza 31 Gicurasi 2026.

Mu mwaka ushize iri rushanwa ryegukanywe na Al Tripoli yo muri Libya itsinze Petro de Luanda yo muri Angola amanota 88-67.

Ni mu gihe APR BBC yo mu Rwanda yabaye iya mbere yo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba yasoreje ku mwanya wa gatatu kuva iri rushanwa ryatangira mu 2021.

U Rwanda ruzakira imikino ya nyuma ya BAL 2026

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA