Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ivuga ko yizeye ko ubumenyi bw’abanyeshuri 16 barangije amasomo y’umwaka ajyanye no gutubura imbuto mu Kigo RICA Seed Center buzagira uruhare rukomeye mu gushyigikira intego y’igihugu yo kongera ikoreshwa ry’imbuto z’indobanure zitanga umusaruro mwinshi kandi zihangana n’imihindagurikire y’ibihe.
Aba banyeshuri bahawe impamyabumenyi ku wa Gatanu tariki ya 21 Ugushyingo 2025, basoje amasomo ya gahunda yitwa Seed Technology and Business program, yibanda ku guhugura urubyiruko rufite ubumenyi mu buhinzi mu rwego rwo kurwongerera ubushobozi no kurwigisha gutubura imbuto nziza kandi zujuje ubuziranenge.
Iyi gahunda ngarukamwaka ishyirwa mu bikorwa na RICA Seed Center ikigo cyigisha abatubura imbuto bya kinyamwuga giherereye mu Karere ka Bugesera, ikaba iterwa inkunga n’umuryango Howard G. Buffett Foundation ku bufatanye na One Acre Fund.
Umunyamabanga Uhoraho muri MINAGRI, Kamana Olivier, yavuze ko aya masomo ari ingenzi cyane cyane muri iki gihe u Rwanda n’Isi muri rusange bahanganye n’ibibazo by’imihindagurikire y’ibihe.
Yagize ati: “Gahunda yo guhinga ku buryo bugezweho yatumye u Rwanda rwihaza mu biribwa. Aba barangije amasomo bazadufasha gukomeza gukora ubushakashatsi, cyane cyane mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe kuko babifitiye ubumenyi buhagije.”
Yakomeje avuga ko aba banyeshuri bazanafasha abahinzi kumenya imbuto nziza zikwiye gukoreshwa, ndetse no kuzibegereza mu buryo bwizewe.
Abo banyeshuri bamaze igihe kinini mu bikorwa byo mu mirima, bakorana n’inzobere mu buhinzi mu rwego rwo kwimakaza ubumenyi ngiro. Bakoze imishinga y’ubushakashatsi yibanda ku mbuto zitanga umusaruro mwinshi kandi zifite ubushobozi bwo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.
Nkundineza Albert, umwe mu barangije, yavuze ko yakoze ubushakashatsi ku moko y’imbuto z’ibigori zitanga umusaruro mwinshi.
Ati: “Twize gukora imbuto nshya no gutubura izindi kugira ngo zigere ku bahinzi. Twiga uburyo bwo kubungabunga ubuziranenge bw’imbuto mu masomo arindwi. Umushinga nakoze wibanze ku mbuto zifite intungamubiri zifasha mu kurwanya imirire mibi mu bana.”
Umutoni Vanessa, na we wahawe impamyabumenyi, yakoze ubushakashatsi ku gukura amababi yo hasi ku bigori byegereje igihe cyo kwera, mu rwego rwo kureba uko byongera umusaruro.
Yagize ati: “Tugira ubushakashatsi ku kintu cyose gishobora gufasha umuhinzi kongera umusaruro. Twasanze gukuraho amababi yo hasi byongera umusaruro ku kigero kigaragara.”
Umuyobozi Mukuru wa One Acre Fund, Bwiza Belinda, yavuze ko uyu mushinga ari ingenzi mu gutuma u Rwanda rugira inzobere zishoboye guteza imbere urwego rw’imbuto.
Ati: “Dufasha aba banyeshuri kubona abarimu beza n’ibikoresho bikenewe. Twemera ko ari uburyo bwiza bwo gufasha u Rwanda kugera ku ntera nshya mu iterambere ry’ubuhinzi.”
Leta ivuga ko mu myaka yashize yashyize imbaraga mu kongerera ubushobozi abatubuzi b’imbuto kandi imishinga nk’iyi yatanze umusaruro ufatika. Kuri ubu, imbuto hafi ya zose zikoreshwa mu Rwanda zituburirwa mu gihugu, ibintu bifatwa nk’intambwe ikomeye mu kwigenga mu bijyanye n’ibiribwa.
Iyi gahunda ikomeje gushimangira ko imbuto z’indobanure ari zo shingiro ry’umusaruro mwiza kandi uhoraho. Mbere y’uko umurima utegurwa cyangwa imvura igwa, ejo hazaza h’umusaruro haba hamaze gucibwa n’imbuto nziza ndetse n’inzobere ziyiyobora mu rugendo rwo guhera mu igeragezwa kugeza ku bahinzi.
Imibare ya Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) igaragaza ko kugeza ubu mu Rwanda abakora ubuhinzi nk’akazi kabatunze babarirwa ku kigero kiri hagati ya 65-70%.

