Ubuzima abagororerwa mu Kigo Ngororamuco cya Iwawa babayemo (Amashusho)
Ubuzima

Ubuzima abagororerwa mu Kigo Ngororamuco cya Iwawa babayemo (Amashusho)

KAYITARE JEAN PAUL

February 19, 2026

Ikigo Ngororamuco cya Iwawa giherereye mu Kirwa cyitwa Iwawa kiri mu kiyaga cya Kivu mu Karere ka Rutsiro mu Murenge wa Boneza mu Ntara y’Iburengerazuba.

Ni ikigo kirimo kugorora abanyeshuri 4,911 icyiciro cya 25, kikaba kimaze kunyurwamo n’abanyeshuri 34,449 bo mu cyiciro cya mbere kugeza ku cyiciro cya 24.

Bigusaba urugendo rw’amasaha agera kuri abiri n’ubwato, uturutse ku mwaro uzwi nko ku Gitarako kugera ku Kirwa cya Iwawa.

Hari inshuti yanjye yahoze mu mwuga w’itangazamakuru ariko ubu akaba ari mu nzego z’umutekano, yambwiye ko aheruka Iwawa mu 2013, icyo gihe hari inzu imwe gusa na yo y’amabati, ahandi ari ibihuru.

Ubu mu Kigo Ngororamuco cya Iwawa, hari inzu zigezweho kandi zigeretse, izitageretse na zo zijyanye n’igihe kuko zirimo ibikorwa remezo by’amazi n’amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba ndetse na moteri iyo hamaze iminsi hatava izuba.

Ikirwa cya Iwawa hari inka zigera ku 170 zikamirwa abanyeshuri barenga 4 900, hari ibikorwa by’ubuhinzi bw’imboga zitandukanye.

Hari ibibuga by’imikino inyuranye byifashishwa mu gutuma abanyeshuri barushaho kugororwa, bigishwa indangagaciro na kirazira.

Si ibyo gusa kuko bigishwa amasomo y’ubumenyingiro; ubudozi, ubwubatsi, ububaji, ubukanishi ndetse n’ubuhinzi n’ubworozi.

Iyi myuga ni yo ibafasha kuzihangira imirimo cyangwa gushaka akazi bakora bityo bikabarinda kongera kwisanga mu bikorwa bibangamira ituze rya rubanda.

Mu Kigo Ngororamuco cya Iwawa, hanigishirizwa amategeko y’umuhanda ndetse no gutwara ibinyabiziga. Hari kandi isomero ririmo ibitabo byifashishwa n’abanyeshuri mu gukomeza kongera ubumenyi bwabo.

Nyuma y’amasomo n’ibiganiro bibahuza n’abazobereye mu buvuzi bw’indwara zo mu mutwe (Psychologists), bitabira imikino itandukanye kandi bagakina n’abakozi b’Ikigo gishinzwe Igororamuco (NRS) bakorera mu Kigo Ngororamuco cya Iwawa.

Nyuma ya siporo barakaraba, bakajya gufata amafunguro ya nimugoroba, bakongera guhurira hamwe mu gitaramo cyangwa bareba filimi, imiziki, amakuru n’ibindi bibafasha kutitekerezaho.

Abanyeshuri bagira igihe cyo kujya mu isomero bagasoma ibitabo bashaka
Ikoranabuhanga rigera no ku banyeshuri bagororerwa Iwawa
Abanyeshuri biga amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga
Imwe mu myenda idodwa n’abanyeshuri bamaze kumenya umwuga w’ubudozi
Iyo barimo kwiga banyuzamo bagakora udukoryo
Mu ishuri baba bakurikiye, ntakibarangaza
Bigaragara ko amasomo ajyanye n’amategeko y’umuhanda bayumva neza
Abagororerwa mu Kigo Ngororamuco cya Iwawa, hari abahitamo gukurikira amasomo y’ubumenyingiro
Bamwe mu banyeshuri bahitamo kwiga gukanika
Isomero ryo mu Kigo Ngororamuco cya Iwawa rifite ibitabo byinshi
Abakunda gusoma, bagira umwanya wo gusoma, abandi bagahitamo gusoma n’ibitabo bitagatifu
Abanyeshuri bigishwa ikoranabuhanga ribafasha kujyana n’igihe
Uyu ni umwe mu baganga baha ubuvuzi bwibanze abanyeshuri bo mu Kigo cya Iwawa
Iwawa hari inyubako zigeretse kandi zigezweho
Amashuri yubatse ku buryo bujyanye n’igihe
Iyi myenda idodwa n’abanyeshuri
Bafite imashini zihagije bigiraho kudoda
Umwarimu w’isomo ry’ubudozi mu Kigo Ngororamuco cya Iwawa
Abanyeshuri ni bo bidodera imyambaro yabo
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabagabiye inka zibakamirwa. Ubu ni bo bazitaho
Abanyeshuri bagira igihe cyo gukora siporo buri wese akajya mu mukino yasangamo
Ikirwa cya Iwawa kiri ku buso bwa hegitari 140
Ikirwa cya Iwawa giherereye mu Burengerazuba bw’u Rwanda
Ku Kirwa cya Iwawa hari kugororerwa icyiciro cya 25 kigizwe n’abanyeshuri 4,911

Amafoto & Video: Olivier Tuyisenge

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA