UEFA Champions League: Liverpool na Tottenham zatangiye nabi imikino ya ⅛
Siporo

UEFA Champions League: Liverpool na Tottenham zatangiye nabi imikino ya ⅛

SHEMA IVAN

March 11, 2026

Liverpool yatsinzwe na Galatasaray igitego 1-0, naho Tottenham inyagirwa na Atletico Madrid ibitego 5-2, mu mikino ibanza ya ⅛ cya UEFA Champions League.

Iyi mikino yabaye mu ijoro ryo ku wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026. Umukino wabimburiye indi uwahurije Galatasaray yo muri Turikiya na Liverpool yo mu Bwongereza, kuri Ali Sami Yen Sports Complex RAMS Park iri mu Mujyi wa Istanbul.

Uyu mukino ntabwo wahiriye Liverpool kuko ku munota wa karindwi yari yinjijwe igitego cyashyizwemo na Mario Lemina, iyi kipe yari iwayo irakirinda kugeza umukino urangiye ari 1-0.

Atlético Madrid yo muri Espagne yakiriye Tottenham yo mu Bwongereza kuri Riyadh Air Metropolitano Stadium. Iyi kipe yari mu rugo yatangiye neza ku munota wa gatanu w’umukino, umunyezamu wa Tottenham, Antonín Kinský yatanze umupira nabi ufatwa na Julian Alvarez na we awuhereza Marcos Llorente, ashyiramo igitego cya mbere.

Antonín Kinský wakinaga umukino we wa mbere wa UEFA Champions League, yananiwe gusohoka mu izamu neza ku munota wa 13, Antoine Griezmann amutsinda icya kabiri.

Uyu munyezamu yahise agira igihunga cyinshi, ku munota wa 15 atanga undi mupira nabi aranyerera, ufatwa na Julian Alvarez ashyiramo igitego cya gatatu mu mukino.

Ku munota wa 17, Umutoza wa Tottenham yahise amukura mu kibuga ashyiramo mugenzi we Guglielmo Vicario, gusa na we ntibyatinze ku munota wa 22 yahise yinjizwa igitego cya kane cyashyizwemo na Robin Le Normand.

Tottenham Hotspur yagowe no kwinjira mu mukino yabonye igitego ku munota wa 26 gitsinzwe na Pedro Porro, amakipe ajya kuruhuka ari ibitego 4-1.

Mu gice cya kabiri Julian Alvarez yashyizemo igitego cya gatanu ku munota wa 55, Dominic Solanke ashyiramo icya kabiri cya Tottenham ku munota wa 79, umukino urangira ari 5-2.

Bayern Munich yo mu Budage yasanze Atalanta mu Butaliyani iyitsinda ibitego 6-1 byinjiwe na Michael Olise washyizemo bibiri, Josip Stanišić, Serge Gnabry, Nicolas Jackson na Jamal Musiala. Ni mu gihe icy’impozamarira cyatsinzwe na Mario Pašalić.

Undi mukino wabereye kuri Sitade St. James Park hagati ya Newcastle United na FC Barcelona warangiye amakipe anganyije igitego 1-1 

Newcastle United ni yo yabanje igitego ku munota wa 86’ ku mupira mwiza wahinduwe na Jacob Murphy, usanga Harvey Barnes wari uhagaze neza awushyira mu rushundura.

Ni mu gihe FC Barcelona yabonye icyo kwishyura ku munota wa 90+5, kuri Penaliti yinjijwe neza na Lamine Yamal, nyuma y’ikosa Malick Thiaw yakoreye Dani Olmo ari mu rubuga rw’amahina.

Indi mikino iteganyijwe kuri uyu wa Gatatu, aho Bodo/Glmit yakira Sporting Cp, Paris Saint-Germain ikakira Chelsea Liverpool mu gihe Real Madrid iza gukina na Manchester City. Iyi mikino yose iteganyijwe saa 22:00 mu gihe Saa 19:45 Bayern Leverkusen iza gutangira yakira Arsenal.

Igitego Mario Lemina yatsinze mu minota ibanza cyafashije Galatasaray gutsinda Liverpool
Abakinnyi ba Galatasaray bishimira igitego
Michael Olise wa Bayern Munich yishimira igitego
Bayern Munich yanyagiye Atalanta 6-1
Julian Alvarez yishimira igitego

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA