Real Madrid yatomboye Benfica mu mikino ya kamarampaka ya UEFA Champions League, izakinwa kugira ngo hamenyekane amakipe akomeza muri ⅛.
Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 30 Mutarama 2026, ni bwo habaye tombola ku makipe yabonye itike yo gukomeza muri UEFA Champions League ariko abanje kunyura muri kamarampaka.
Amakipe yageze muri iki cyiciro ni ayabashije kugaragara mu myanya yo kuva ku wa cyenda kugeza ku wa 24.
Tombola yasize, Real Madrid yo muri Espagne yongeye guhura na Benfica yo muri Portugal yayibuje gukomeza mu mikino ya ⅛ nyuma yo kuyitsinda ibitego 4-2, isoreza ku mwanya wa cyenda udatanga itike.
Uko andi makipe yatomboranye, harimo Paris Saint Germain ifite igikombe giheruka izahura na AS Monaco, Galatasaray na Juventus, Borussia Dortmund na Atalanta, Qarabağ na Newcastle, Bodø/Glimt na Inter Milan, Olympiacos na Bayern Leverkusen ndetse na Club Brugge izahura na Atletico Madrid.
Amakipe azitwara neza azahura n’ayamaze gukomeza muri ⅛ ari yo Arsenal, Bayern Munchen, Liverpool, Tottenham Barcelona, Chelsea, Sporting CP na Manchester City.
Imikino ya kamarampaka irimo ibanza ndetse n’iyo kwishyura izakinwa tariki ya 17 na 24 Gashyantare 2026.
Biteganyijwe ko tombola igaragara amakipe azahura mu mikino ya ⅛ cy’irangiza izaba tariki ya 27 Gashyantare 2026.

