Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ya Uganda yatangaje ko amajwi y’agateganyo y’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yerekana ko Yoweri Kaguta Museveni ayoboye abandi bakandida n’amajwi 76.25%, agakurikirwa na Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine n’amajwi 19.85%.
Ayo majwi yatangajwe kuri uyu wa Gatanu hashingiwe ku mibare yakusanyijwe muri hafi kimwe cya kabiri cy’ibyumba by’itora, mu gihe abandi bakandida basigaye bagabagabanye amajwi asigaye.
Nyuma yo gutora ku wa 15 Mutarama 2026, Museveni usanzwe uyobora Uganda, yabwiye abanyamakuru ko yiteze gutsinda abo bahanganye ku kigero cya 80%, niharamuka hatabayeho uburiganya.
Museveni w’imyaka 81, uhabwa amahirwe yo kongera gutsindira manda y’imyaka itanu, yayoboye icyo gihugu kuva mu 1986, ahanganye bikomeye na Bobi Wine wagaragaje kenshi mu bihe byo kwiyamamaza ko ari we Perezida nyawe wa Uganda kandi uzazana impinduka.
Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza (Reuters) byatangaje ko Bobi Wine, wahoze ari umuhanzi waje guhinduka umunyapolitiki yavuze ko habayeho uburiganya mu matora kuko yakozwe hakuweho interineti.
Bobi Wine, yari yasabye abayoboke be kuguma ku biro by’itora bagakurikirana uko amajwi abarurwa ndetse bakamagana uburiganya bakigaragambya nubwo kugeza ubu nta myigaragambyo iravugwa mu bice ibyo ari byo byose by’Igihugu.
Ishyaka rye rya National Unity Platform (NUP), mu ijoro ry’amatora ryanditse ku rubuga rwa X ko inzego z’umutekano zagose urugo rwe akaba afungiwe iwe mu rugo ariko Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Kituuma Rusoke yabwiye Reuters ko amakuru avuga ko Bobi Wine afungiwe iwe atayazi.

