Ukraine igiye gukora amatora nyuma yuko bivuzwe na Perezida Trump
Mu Mahanga

Ukraine igiye gukora amatora nyuma yuko bivuzwe na Perezida Trump

KAMALIZA AGNES

December 10, 2025

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky yatangaje ko igihugu cye kiteguye gukora amatora nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump avuze ko Kyiv yagize intambara urwitwazo ruyibuza gukora amatora.

Ukraine yagombaga kujya mu matora y’Umukuru w’Igihugu nyuma yuko Perezida Zelensky arangije manda ye muri Gicurasi 2024, ariko bikomwa mu nkokora n’itegeko ry’icyo gihugu rivuga ko kitajya mu matora mu bihe by’intambara.

Avugana n’itangazamakuru Zelensky yavuze ko nyuma y’ibitekerezo bya Perezida Trump agiye kureba uko hahindurwa iryo tegeko kugira ngo amatora ashoboke.

Zelensky yavuze ko hagati y’iminsi 60-90 iri imbere bashobora gutora ariko bigakorwa mu gihe Amerika n’abandi bafatanyabikorwa b’i Burayi babijeje umutekano usesuye.

Zelensky watorewe kuyobora Ukraine mu 2019, n’amajwi arenga 73%, yongeyeho ko yumvise ibihuha bivuga ko ari we witambitse iherezo ry’intambara ariko avuga ko ayo makuru nta shingiro afite.

BBC yatangaje ko u Burusiya bumaze igihe buvuga ko Zelensky atari Perezida nyawe busaba ko hakorwa amatora kugira ngo habeho amasezerano yo guhagarika intambara.

Nubwo Zelensky yemeye amatora ariko bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bagaragaje ko hari inzitizi nyinshi kugira ngo abeho kuko abari ku rugamba badashobora kuyitabira ndetse n’abaturage bakabakaba miliyoni 6 bakaba bari mu buhungiro.

Bavuga ko kugira ngo amatora abeho byasaba ingamba zikaze z’umutekano.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA