Imyigaragambyo yadutse mu mujyi wa Minneapolis muri Leta ya Minnesota, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma y’uko umukozi w’Ibiro bishinzwe Abinjira n’Abasohoka,(ICE) yishe arashe umugore w’imyaka 37 witwa Renee Nicole Good.
Amashusho yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje abakozi ba ICE baza hafi y’imodoka y’uwo mugore yari iri mu muhanda, agahita ashaka kuyitwara umwe muri bo ahita amurasa amasasu abiri.
Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu muri Amerika, Kristi Noem yavuze ko Renee Nicole Good yarashwe ku wa 07 Mutarama 2026, ubwo yashakaga kugonga abakozi ba ICE n’ubwo hari bamwe mu babonye ibyo biba bahakanye ayo makuru bakemeza ko abo bakozi bamukoreye urugomo.
Abakozi amagana ba ICE boherejwe i Minneapolis mu rwego rwo guhangana n’abinjira mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Abigaragambyaga basabye abakozi ba ICE kubavira mu mujyi nubwo Kristi Noem yavuze ko ibikorwa bya ICE muri Minneapolis bizakomeza, kandi FBI iri gukora iperereza kuri ibyo bikorwa.
