Umusesenguzi mu bya Politiki muri Uganda Frank Gashumba yatangaje ko iyo yitegereje abona Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, atiyamamaza agamije kuyobora Uganda ko ahubwo aba agamije kwibonera amafaranga bahabwa nk’abakandida ku mwanya wa Perezida,bikaba ari gahunda afatanyije n’ishayaka rye rya NUP.
Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’imwe muri Television zikorera muri Uganda, aho yagarutse ku majwi NUP iherutse kubona mu matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko.
Gashumba yavuze ko intego nyamukuru ya NUP mu matora yo mu 2026 atari ugufata ubutegetsi bw’igihugu, ahubwo ari ukongera umubare w’Abadepite bayo kugira ngo ishobore kubona inkunga nini ya Leta.
Uwo musesenguzi avuga ko, Bobi Wine ari umucuruzi w’umuhanga uzi neza uko yakwifashisha inzego za politiki akazibyazamo inyungu.
Ati: “Robert Kyagulanyi ni umucuruzi w’umuhanga cyane. Buri gihe abanza kureba inyungu. Ubu ameze neza kuko afite Abadepite barenga mirongo itanu mu Nteko Ishinga Amategeko.Icyamujyanye muri politiki ni inyungu z’ubucuruzi, si ugufata ubutegetsi.”
Gashumba yakomeje avuga ko kwitabira amatora kwa NUP kugamije cyane cyane kongera umugabane wayo mu nkunga itangwa n’Ihuriro ry’Amashyaka (IPOD).
Nyuma y’impinduka zakozwe ku itegeko rigenga amashyaka ya politiki n’imiryango ya politiki mu 2025, amashyaka afite Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko asabwa kuba abanyamuryango ba IPOD kugira ngo abone inkunga ya Leta aho ingano y’iyo nkunga igenwa n’umubare w’imyanya ishyaka rifite mu Nteko Ishinga Amategeko.
Amatora y’umukuru w’Igihugu yahujwe n’ay’Abadepite yabaye tariki 14 na 15 Mutarama 2026, asiga Yoweri Kaguta Museveni, yongeye gutsindira kuyobora Uganda ku majwi 71,6% akurikirwa na Robert Kyagulanyi Ssentamu wamenyekanye mu muziki nka Bobi Wine, wagize amajwi 24,72%.
