Imyigaragambyo yamagana ubwicanyi n’ihohotera yongeye kwanduka mu Mujyi wa Minneapolis muri Leta ya Minnesota muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma yuko abakozi b’Urwego Rushinzwe Abinjira n’Abasohoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,(ICE) bishe barashe undi muntu.
Alex Pretti wari ufite ubwenegihugu bwa Amerika arashwe mu kwezi kumwe n’undi mugore uherutse kuraswa witwa Nicole Good, mu gihe abakozi ba ICE bakomeje kotsa igitutu no guhiga abimukira bari muri uwo mujyi mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Ubuyobozi bwa Amerika buvuga ko abakozi ba ICE barashe Alex mu rwego rwo kwirwanaho kuko yari ari kwitwara nabi kandi afite n’imbunda ashaka kubarwanya, nubwo Guverineri wa Minnesota, Tim Walz yamaganye ayo makuru ayita ibinyoma.
Ubwo bwicanyi bwo ku wa 24 Mutarama 2026, bwatumye hongera kwaduka imyigaragambyo ikomeye, aho mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, abigaragambya buzuye mu mihanda y’i Minneapolis bamagana ubwo bwicanyi bukomeje gukorerwa muri uwo Mujyi.
Bamwe bari bafite ibyapa byanditseho ko Pretti nta kosa yakoze ndetse bamagana ubuyobozi bwa Perezida, Donald Trump bukomeje ibikorwa by’urugomo ku nzirakarengane.
Ku rundi ruhande ariko, ubuyobozi bwa Minnesota bwavuze ko ibi bikorwa bitakiri ugushakisha abimukira ahubwo byahindutse gukandamiza abaturage b’iyo Leta.
Iyi myigaragambyo ije nyuma yuko abantu 30 baherutse gutabwa muri yombi, muri uwo Mujyi bazira kwigaragambya bamagana urupfu rwa Renne Nicole Good wishwe arashwe n’umukozi wa ICE ku wa 07 Mutarama.
Yadutse no mu mijyi nka Austin, Seattle, New York na Los Angeles n’ahandi bamagana ibikorwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ikomeje gukrera abimukira.
Yazamuye uburakari mu bigaragambya bashaka kwangiza ibintu no kwinjira muri hoteli ya Canopy yabagamo bamwe mu bakozi ba ICE, kugira ngo bihorere.
