Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Venezuela, Jorge Rodriguez yavuze ko imfungwa z’Abanyapolitiki zirenga 400 zafunzwe ku butegetsi bwa Perezida Nicolas Maduro zamaze kurekurwa.
Ibyatangajwe na Jorge bikaba binyuranyije n’ibivugwa n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu igaragaza ko harekuwe imfungwa ziri hagati ya 60-70.
Ubwo yari mu nteko rusange y’Abadepite, Jorge Rodriguez yavuze ko hafashwe icyemezo cyo kurekura izo mfungwa ariko atari iza politiki ahubwo ari Abanyapolitiki bamwe banyuranyije n’amategeko.
Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP byatangaje ko nubwo byavuzwe ko abarekuwe ari 400 ariko nta bindi bisobanuro, mu gihe Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko mu barekuwe harimo n’Abanyamerika.
Iyo Minisiteri yagaragaje ko kurekurwa kwabo bigaragaza icyerekezo cyiza cy’ubuyobozi bw’inzibacyuho bwa Venezuela.
Rodriguez na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump bombi bavuze ko imfungwa nyinshi ziri kurekurwa nk’ikimenyetso cy’ubwiyunge n’amahoro, nyuma y’ifatwa rya Perezida wa Venezuela, Nicolas Maduro, ku wa 3 Mutarama n’ingabo za Amerika.
Nubwo bari kurekurwa ariko Guverinoma ya Venezuela yakunze guhakana kenshi ko ifunga abantu ku mpamvu za politiki ariko hari abandi 2 000 barekuwe bari barafunzwe nyuma y’imyigaragambyo yakurikiye amatora ya Perezida yo mu 2024.
Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ivuga ko muri Venezuela habarurwa imfungwa za politiki ziri hagati ya 800 na 1 200, kandi izimaze kurekurwa zikaba zitarenga 70, ari naho ihera inenga umuvuduko muke mu kuzirekura.