Venezuela yarekuye imfungwa za politiki 104, zirimo abanyeshuri n’abanyamategeko nkuko byatangajwe n’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Foro Penal ukorera i Caracas, mu murwa mukuru.
Ku wa 25 Mutarama umuryango Foro Penal wavuze ko nibura abarenga 100 bafunguwe kandi uwo mubare ushobora gukomeza kwiyongera.
Kuva Perezida w’inzibacyuho wa Venezuela, Delcy Rodriguez yajya ku butegetsi ku itegeko rya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasezeranyije ko azarekura imfungwa za politiki zafashwe ku butegetsi bwa Nicolas Maduro.
Rodriguez yavuze ko ibikorwa byo kurekura amagana y’imfungwa, abenshi muri bo bafashwe mu bikorwa byo gucecekesha abatavuga rumwe n’ubutegetsi nyuma y’amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu 2024.
Ibyo bikorwa Maduro yavugaga ko ari intangiriro ya politiki nshya izana ubwisanzure n’impinduramatwara mu gihugu.
Guverinoma ya Venezuela yatangaje ko mu byumweru bishize yarekuye imfungwa zirenga 600, zirimo n’abayobozi bo mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi.
Nubwo Guverinoma ivuga ko kuva Nicolas Maduro yatabwa muri yombi ku wa 03 Mutarama, imaze kurekura imfungwa zirenga 600, ariko imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yamaganye iyo mibare ivuga ko barekuye hafi kimwe cya kabiri cyabo.
Ni mu gihe mu ijambo ryanyujijwe kuri televiziyo ya Leta mu mpera z’icyumweru gushize Rodriguez yavuze ko azaganira na Komiseri Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye uharanira Uburenganzira bwa Muntu, Volker Turk, amusaba ko Loni yakwemeza iyo mibare.
