Yannick Mukunzi yatandukanye na Sandvikens IF yari amazemo imyaka 6
Siporo

Yannick Mukunzi yatandukanye na Sandvikens IF yari amazemo imyaka 6

SHEMA IVAN

December 4, 2025

Umukinnyi mpuzamahanga w’Umunyarwanda, Mukunzi Yannick, yatangaje ko yatandukanye n’ikipe ye ya Sandvikens IF yo muri Suède nyuma y’imyaka itandatu ayikinira.

Ni mu Butumwa yashyize ku rukuta rwe wa Instagram ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki ya 3 Ukuboza 2025.

Yagize ati: “Ndashaka gufata uyu mwanya ngo mbashimire mwese abo twabanye muri iyi kipe. Kuva nagera hano mu 2019, mwanyakiriye neza, muranyizera mutuma uru rugendo ruba urwihariye.

Ntabwo byoroshye kuri njye kuvuga ngo ndabasezera, kuko mu myaka ishize Sandvikens IF yabaye umuryango kuri njye. Ibihe twagiranye n’umubano twubakanye bizahora hafi y’umutima wanjye.”

Uyu mukinnyi yakomeje ashimira ubuyobozi, abafana na bagenzi be bakinanaga ku bihe byiza bagiranye ndetse atangaza ko vuba azatangaza ahandi azarekeza.

Mukunzi yaranzwe n’imvune nyinshi muri iyi kipe zatumye adakina nk’uko abyifuza. Hari iyo yabanje kugira mu ivi mu Ukwakira 2021, biba ngombwa ko bamubaga, ariko inshuro nyinshi yahoraga ayitonekara bigatuma adahozaho.

Mu 2024 yongeye gukina ndetse afatanya na bagenzi mu bafasha Sandvikens IF kuguma mu Cyiciro cya Kabiri, gusa nyuma yaho yongeye kuvunika bikomeye.

Uyu mukinnyi aheruka mu kibuga tariki ya ya 16 Kamena 2024 mu mukino batsinzemo Oddevold 2-0. Ubwo yinjiraga mu kibuga ku munota wa 62.

Mukunzi yazamukiye mu irerero rya APR FC ndetse aza no gukinira ikipe nkuru mbere yo kwerekeza muri Rayon Sports mu 2017, yavuyemo yerekeza muri Sandvikens IF mu 2019.

Mukunzi Yannick yatandukanye na Sandvikens IF yari amazemo imyaka itandatu

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA