Abakozi batatu bahoze bakorera Ibiro bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) bishinzwe iperereza, FBI batanze ikirego mu rukiko bavuga ko birukanwe mu kazi mu buryo bwo kubihimuraho, kubera uruhare bagize mu iperereza ryakozwe kuri Perezida Donald Trump nyuma yo gutsindwa amatora mu 2020.
Iryo perereza ryagaragaje ko nyuma yo gutsindwa amatora mu 2020 Perezida Trump yashatse kugundira ubutegetsi kubera ibikorwa yakoze muri icyo gihe, kubika inyandiko z’ibanga n’ibindi. Mu kirego cyatanzwe ku wa 31 Werurwe 2026, bagaragaje ko abakozi ba FBI nta ruhande na rumwe baba bagomba kubogamiraho bityo ko barenganyijwe kandi bagaharabikwa.
Mu itangazo bashyize hanze bagaragaje ko gukorera FBI byari iby’agaciro kuri bo kandi bari bariyemeje kubahiriza Itegeko Nshinga, bagakurikiza ukuri aho kubaganisha hose kandi batigeze batatira izo ndangagaciro. Bagaragaza ko icyo bifuza ari ubutabera kuko birukanywe mu buryo bunyuranyije n’amategeko kandi ari akarengane gashingiye ku mpamvu za Politiki.
Mu kirego cyabo kigizwe n’amapaji 48 basobanura ko birukanywe bitunguranye mu kwezi k’Ugushyingo 2025 bikozwe n’ubutegetsi bwa Trump bashinjwa gukoresha nabi ububasha bafite. Bose uko ari batatu bahaga ubufasha mu iperereza ryayoborwaga n’Umushinjacyaha wihariye, Jack Smith wakoraga iperereza ku bikorwa bya Trump.
Iryo perereza ryatumye Trump aregwa ibyaha birimo kubika inyandiko z’ibanga z’Igihugu, gushaka guhindura ibyavuye mu matora no guteza umutekano n’imidugararo mu matora ya 2020. Nyuma yuko Trump atsinze amatora ya Perezida mu 2024, hahise hakurikizwa amabwiriza abuza gukurikirana Perezida uri ku butegetsi bituma mbere yuko ajya ku butegetsi mu 2025, Smith ahita yegura ku nshingano ze.
Kuva yasubira muri White House, Trump yakomeje kunengwa na bamwe bamushinja kwihimura ku bantu bagize uruhare mu kutemera politiki ye no kuyirwanya.