Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ yazambutse imyanya ibiri iva ku mwanya wa 130 ijya ku mwanya wa 128 ku rutonde rw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) rwasohotse kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 1 Mata 2026.
Ni urutonde ruje rusanga Ikipe y’u Rwanda iherutse kugira umusaruro mwiza kuko yegukanye Igikombe cya FIFA Series 2026 mu Itsinda A. Mu mikino ibiri u Rwanda rwakinnye muri iyi mikino rwatsinze Grenada ibitego 4-0 na Estonia ibitego 2-0.
Uyu musaruro u Rwanda rwabonye rwatumye ku rutonde rwa FIFA ruzamukaho imyanya ibiri ruva ku 130 rugera ku 128 n’amanota 1,126.62. Uru rutonde rushya rugaragaza ko bwa mbere kuva mu Ukwakira 2018, u Bufaransa bwafashe umwanya wa mbere ku Isi rusimbuye Espagne yawutakaje nyuma kunganya na Misiri ubusa ku busa.
Argentine ya gatatu ikurikiwe n’u Bwongereza, Portugal, u Buholandi, Maroc, u Bubiligi n’u Budage. Muri Afurika, ibihugu bitanu bya mbere ni Maroc, Sénégal, Nigeria, Algeria na Misiri.Ni mu gihe mu bihugu bituranye n’u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yabonye itike y’Igikombe cy’Isi nyuma y’imyaka 52 ari iya 42, Uganda ikaba iya 88, Kenya iya 111, Tanzania iya 113 n’u Burundi bwa 142. Urutonde rutaha ruzasohoka ku wa 10 Kamena 2026.

