Ambasaderi Innocent Bagamba Muhizi, yashyikirije Guverineri Jenerali wa Nouvelle Zélande, Dame Cindy Kiro, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.
Ni umuhango wabereye ku cyicaro gikuru cya Guverineri Jenerali giherereye mu Mujyi wa Wellington, kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 1 Mata 2026.
Nyuma yo gutanga impapuro, Amb. Muhizi yavuze ko hari amahirwe yo gukomeza guteza imbere imikoranire hagati y’ibihugu byombi cyane cyane mu nzego zifitiye impande zombi akamaro, zirimo ubuhinzi, ingufu zisubira, kubungabunga ibidukikije, ubukerarugendo n’ibindi.
Ambasaderi Muhizi asazwe ahagarariye u Rwanda muri Singapore ari hano afite icyicaro kuva mu kwezi k’Ugushyingo 2025. U Rwanda na Nouvelle Zélande bihuriye mu Muryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza, Commonwealth, ufatwa nk’urubuga rwakwifashishwa mu kwagura no gukomeza ubufatanye bwabyo.
Nouvelle Zélande ituwe na miliyoni 5.3 z’abaturage. Ni igihugu cyohereza mu mahanga cyane ibikomoka ku buhinzi. Ubukerarugendo bwateye imbere, aho ku mwaka bakira abakerarugendo barenga miliyoni eshatu. Kibarirwa mu bihugu byateye imbere, aho inzego z’ubuzima, uburezi, ubukungu n’imibereho myiza biri ku rwego ruhambaye.

