AS Kigali WFC yamanutse mu cyiciro cya Kabiri nyuma y’imyaka 18
Siporo

AS Kigali WFC yamanutse mu cyiciro cya Kabiri nyuma y’imyaka 18

Imvaho Nshya

March 22, 2026

Ikipe ya AS Kigali WFC yegukanye Igikombe cya Shampiyona y’Abagore inshuro 13, yamanutse mu Cyiciro cya Kabiri nyuma y’imyaka 18, mu gihe habura umukino umwe ngo FERWAFA Women’s Super League ya 2025/26 irangire.

Iyi kipe iterwa inkunga n’Umujyi wa Kigali yanganyije na Inyemera WFC igitego 1-1 ku wa Gatandatu tariki 21 Werurwe 2026, igira amanota 13 ku mwanya wa 11, irushwa amanota ane na Forever WFC ya 10 inafitanye umukino na Macuba WFC kuri iki Cyumweru.

Bivugwa ko ikibazo cy’amafaranga atangwa n’Umujyi wa Kigali yabonetse atinze ari kimwe mu byakomye mu byateye umusaruro mubi iyi kipe yagize muri uyu mwaka w’imikino wa 2025/26, dore ko abakurikiranira hafi ibya Ruhago banavuga ko ikibazo cy’ubwumvikane bucye b’abayobora iyi kipe na cyo kiri mu byayikomye mu nkokora.

AS Kigali WFC yamanukanye na Nyagatare WFC zizahura ku munsi wa nyuma, mu gihe yo itarabona inota mu mikino 21 yakinnye kuko yatsinzwe na Bugesera WFC ibitego 2-1 ku wa Gatandatu.

Kugeza ubu, iyi Shampiyona iyobowe na Rayon Sports WFC n’amanota 54 aho irusha amanota atatu Police WFC ya 2.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA