Gen Nyakarundi yitabiriye inama mu Bufaransa
Politiki

Gen Nyakarundi yitabiriye inama mu Bufaransa

ZIGAMA THEONESTE

July 21, 2024

Umugaba w’Ingabo  z’u Rwanda zirwanira ku butaka,  Général Major Nyakarundi Vincent, yitabiriye inama y’abayobozi bakuru b’ingabo, mu Mujyi wa Rennes, mu gihugu cy’u Bufaransa.

Ni inama yiga ku kubungabunga amahoro, umutekano no kubitoza urubyiruko.

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje ku mbuga nkoranyambaga ko Maj Gen Nyakarundi Vincent yaganiriye na mugenzi we mu gihugu cy’u Bufaransa, Gen Pierre Schill.

Aho kandi Gen Nyakarundi yanitabiriye ibirori byo gusoza amasomo ya gisirikare mu ishuri rya Saint-Cyr Coëtquidan Military Academy ryo muri icyo gihugu.

Muri ibyo birori Gen Nyakarundi yanahahuriye n’Umunyarwanda Cadet Furaha Jean Paul Kabera na we urangije umwaka we wa mbere muri iryo shuri.

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA