Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abatarengeje imyaka 18 n’iy’Abatarengeje imyaka 20, zombi zegukanye ibikombe by’irushanwa ry’Akarere ka 5 (IHF Trophy Zone V) ryaberaga Addis Ababa muri Ethiopia.
Imikino nyuma y’irushanwa rihuza ibihugu byo mu Karere ka Gatanu yabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 8 Gicurasi 2026. Ibyo bihugu birimo u Burundi, Kenya, Tanzania, Sudani y’Epfo, Somalia, u Rwanda na Ethiopia yakiriye irushanwa
Abatarengeje imyaka 18 begukanye igikombe batsinze u Burundi mu mukino w’ishiraniro warangiye ari ibitego 39-38 naho abatarengeje imyaka 20 batsinda Ethiopia ibitego 39-37, begukana iri rushanwa ku nshuro ya kabiri yikurikiranya (2024-2026).
Muri rusange amakipe y’u Rwanda yegukanye iri rushanwa adatsinzwe umukino n’umwe muri itanu bakinnye.
Amakipe yombi kandi azahagararira u Rwanda mu mikino y’Igikombe cya Afurika kizabera i Abidjan muri Côte d’Ivoire muri Nzeri 2026.








