Akarere ka Ngoma ko mu Ntara y’Iburasirazuba kaje ku mwanya wa mbere mu mihigo y’umwaka wa 2024 – 2025, kagize amanota 77.1%, bigaragaza uko kitwaye neza mu gushyira mu bikorwa gahunda zigamije iterambere ry’abaturage.
Mu myanya ikurikiyeho, Akarere ka Gisagara kaje ku mwanya wa 2 n’amanota 76.7%, mu gihe Nyagatare yaje ku mwanya wa 3 n’amanota 74.2%.
Ku rundi ruhande, Akarere ka Nyabihu ni ko kaje ku mwanya wa nyuma kagize amanota 54.3%, gakurikiye aka Rulindo kabaye aka 28, n’aka Rubavu kabaye aka 27, ibintu bishobora gusaba kongera imbaraga mu kunoza imikorere no gushyira mu bikorwa neza Imihigo utwo Turere twiyemeje.
Uko Uturere twakurikiranye mu Mihigo ya 2024 – 2025


