Remco yanditse amateka mashya muri Shampiyona y’Isi y’Amagare
Siporo

Remco yanditse amateka mashya muri Shampiyona y’Isi y’Amagare

SHEMA IVAN

September 20, 2026

Umubiligi Remco Evenepoel yanditse amateka yo kuba umukinnyi wa mbere wegukanye ITT (gusiganwa n’igihe buri wese ku giti cye) ya Shampiyona y’Isi y’Amagare mu bagabo inshuro enye zikurikiranya.

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 20 Nzeri 2026, ni bwo Umujyi wa Montreal muri Canada wakiriye Shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku magare ihereye ku cyiciro cyo gusiganwa n’ibihe mu bagore n’abagabo bakuze.

Uyu mukinnyi w’imyaka 26, ni we wahagurutse nyuma y’abandi bakinnyi bose ubwo hatangiraga irushanwa ry’uyu mwaka mu cyiciro cy’abagabo.

Ni nyuma y’uko ari we waherukaga kwegukana umudali wa Zahabu muri iki cyiciro, ubwo Shampiyona y’Isi y’Amagare yari yabereye i Kigali mu 2025.

Umuvuduko n’imbaraga bye byamuhesheje gukoresha ibihe byiza ugereranyije n’abandi dore ko yakoresheje minota 44 n’amasegonda 53, akurikirwa n’Umutaliyani Filippo Ganna yasize amasegonda 57 mu gihe Umufaransa Paul Seixas wabaye uwa gatatu yasinzwe umunota n’amasegonda 13.

Uyu mukinnyi kandi yafashe agahigo kari gafitwe na Fabian Cancellara na Tony Martin begukanye imidali myinshi (irindwi irimo ine ya Zahabu) muri Shampiyona y’Isi.

Uyu munsi kandi wasize Umusuwisi, Marlen Reusser yisubije Shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku magare mu cyiciro cy’abagore basiganwa n’igihe buri wese ku giti cye, akoresheje iminota 50 n’amasegonda 24 ku ntera y’ibilometero 39,2.

Shampiyona y’Isi y’Amagare, izakomeza ku wa Mbere, tariki ya 21 Nzeri 2026, abakinnyi b’abahungu n’abakobwa batarengeje imyaka 23 basiganwa n’igihe [ITT].

Remco Evenepoel yegukanye Shampiyona y’Isi mu gusiganwa n’ibihe ku nshuro ya kane yikurikiranya
Remco Evenepoel yishimira Umudali wa Shampiyona y’Isi y’Amagare yegukanye inshuro enye yikurikiranya
Remco Evenepoel na bagenzi be bamukurikiye ku rutonde rusange

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA