Kuva taliki 01 kugeza 11 Ugushyingo 2022 i Sarajevo muri Bosnie Herzegovine hazabera shampiyona y’Isi mu mukino wa Volleyball ikinwa n’abantu bafite ubumuga “Sitting Volleyball World Championships 2022”.
Iyi mikino izitabirwa muri rusange n’ibihugu 16 aho byashyizwe no mu matsinda. Mu bagabo, itsinda A ririmo Bosnie Herzegovine, USA, Japan na Seribia. Itsinda B rigizwe na Iran, Kazakistan, Croatia na Iraq, itsinda C rigizwe na Brazil, u Budage, Canada na Pologne naho itsinda D rigizwe na Misiri, u Rwanda, Ukraine n’u Buholandi.
Mu bagore, itsinda A rigizwe na Bosnie Herzegovine, Slovenia na Finland. Itsinda B rigizwe na USA, Ukraine, u Budage na Hongria, itsinda C rigizwe na Brazil, u Rwanda na Misiri naho itsinda D rigizwe na Canada, u Butaliyani na Iran.
Nyuma yo gutangira imyitozo ikabera mu bice bitandukanye, kuva ku wa Gatanu taliki 14 Ukwakira 2022, amakipe yombi yatangiye umwiherero mu Karere ka Gisagara.
Mbere yo kujya mu mwiherero ba kapiteni b’amakipe yombi ndetse n’umutoza mukuru batangaje ko bafite icyizere cyo kuzitwara neza.
Kapiteni w’ikipe y’u Rwanda mu bagore, Mukobwankawe Liliane yatangaje ko ku ruhande rwabo ikipe imeze neza kuko nyuma yo kuva mu mikino Paralempike i Tokyo muri 2021 batigeze bicara badakora kuko bakomeje shampiyona.

Akomeza avuga ko imyiteguro ya shampiyona y’Isi imeze neza kuko nubwo bagiye gukorera hamwe bari bamaze iminsi bakora mu bice bitandukanye. Ati : “Turiteguye twese kandi turizera ko tuzitwara neza. Abanyarwanda batugirire icyizere kandi batube hafi”.
Vuningabo Emile, kapiteni w’ikipe y’u Rwanda mu bagabo yatangaje ko barimo kwitoza cyane ariko banareba amakipe bahanganye uburyo akina kandi harimo amwe n’amwe basanzwe bahura ku buryo gukina na yo bishoboka ndetse bikaba bibaha icyizere cyo kuzitwara neza.

Umutoza mukuru w’amakipe y’u Rwanda yombi, Dr. Mussad Rashad agaragaza ko abakinnyi barimo kwitegura neza nubwo nta mikino ya gicuti bakinnye ngo arebe neza urwego bariho ariko nko mu cyiciro cy’abagore intego ni uko bazagera muri ½ .
Ku ruhande rw’abagabo, umutoza agaragaza ko bagomba guhatanga mu itsinda barimo kugira ngo bazazamuke bari ku mwanya mwiza watuma ikipe igera muri ¼.

Perezida wa Komite y’igihugu y’imikino y’abantu bafite ubumuga mu Rwanda “NPC-Rwanda”, Murema Jean Baptiste yagaragaje ko muri rusange abakinnyi bose bameze neza ko barimo kubafasha mu buryo bwose bushoboka kugira ngo bazitware neza.
Yakomeje avuga ko nyuma yo gukorera imyitozo mu bice bitandukanye ubu bagiye gukorera hamwe mu gihe cy’ibyumweru bibiri aho abatoza bagomba kubafasha kugira ngo bazabashe guhangana n’amakipe bazahura na yo hariya.

Murema yashimangiye ko bazanye umutoza Dr. Mussad Rashad kuko afite ubushobozi burenze ubw’abandi bari bafite. Ati : “Ubu rero arimo gukora ibishoboka byose kugira ngo ikipe zacu zombi zizamure urwego zizitware neza bitume n’u Rwanda ruzamuka rujye ku mwanya mwiza ku rutonde ku rwego rw’Isi”.
Ku bijyanye n’urugendo rw’aya amakipe yombi, Dr. Mutangana Dieudonne usanzwe ari Umunyamabanga mukuru wa NPC Rwanda akaba ari we uzagenda ayoboye iri tsinda yatangaje ko bamaze kwegeranya ibyangombwa byose aho bagomba kujya kwaka viza kuri Ambasade ya Bosnie Herzegovine mu Misiri.

Yakomeje avuga ko abateguye irushanwa babafashije bakuzuza ibisabwa byose, aho kuri Amabasade babahaye gahunda yo ku Cyumweru taliki 16 Ukwakira 2022 ndetse umutoza usanzwe akomoka mu Misiri Dr. Mussad Rashad akaba ari we wajyanye Pasiporo z’abazitabira iyi mikino nyuma byatungana akazahita agaruka.
Amakipe y’u Rwanda yaherukaga kwitabira shampiyona y’Isi muri 2018 ubwo yaberaga mu Buholandi, ikipe y’u Rwanda mu bagore yasoreje ku mwanya wa 11 mu makipe 16 mu gihe ikipe y’u Rwanda mu bagabo yasoreje ku mwanya wa nyuma wa 16.
Abakinnyi batangiye umwiherero ku makipe yombi
Mu ikipe y’u Rwanda mu bagore ndetse n’abagabo hahamagawe abakinnyi 12 ari bo bari mu mwiherero akaba ari na bo bazaserukira u Rwanda muri shampiyona y’Isi
Ikipe y’u Rwanda mu bagore
Hari Mutuyimana Chantal, Bazubagira Claudine, Nyiraneza Solange, Musabyemariya Alice, Murebwayire Claudine, Umutoni Clemantine, Mugirwanake Louise, Mukobwankawe Liliane, Nyirambarushimana Sandrine, Nyiranshimiyimana Agnes, Nikuze Zaninka na Mulisa Hosiana.
Umutoza mukuru ni Mossad Rashad akaba yungirijwe na Gakwaya Eric, Niragire Angelique (Team Manager) na Nzayisenga Sauda (Physio).
Ikipe y’u Rwanda mu bagabo
Hari Rutagengwa Vitus, Murema Jean Baptiste, Ndahiro Jean Claude, Niyitegeka Innocent, Hagenimana Fulgence, Uwizeyimana Callixte, Vuningabo Emile, Semana Jean, Ngizwenimana Jean Bosco, Nsanzimana Tiras, Twagirayezu Callixte na Ndayisaba Jean Baptiste.
Umutoza mukuru ni Mossad Rashad wungirijwe na Gakwaya Eric, Mandela Steven (Team Manager ) na Nkurayija Jean Pierre (Physio).

