Guverinoma yashimiye RSSB Tigers yegukanye BAL 2026
Siporo

Guverinoma yashimiye RSSB Tigers yegukanye BAL 2026

SHEMA IVAN

June 7, 2026

Guverinoma y’u Rwanda yashimiye Ikipe ya RSSB Tigers BBC, iherutse kwandika amateka yo kwegukana Irushanwa rya Basketball Africa League ry’umwaka wa 2026 (BAL2026) ryakinwaga ku nshuro ya gatandatu. 

Minisitiri w’Intebe Dr. Nsengiyumva Justin yabikomojeho mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku wa 6 Kamena 2026, ubwo yagarukaga ku bikorwa by’ingenzi byabereye mu Rwanda bikaruhesha isura nziza mu minsi itambutse.

Aha ni bwo yahise ashimira RSSB Tigers kuri iyo ntsinzi y’amateka iheruka kubona, ashimira abakinnyi, abatoza, abayobozi, abafana ndetse n’abandi bose bagize uruhare kugira ngo iyi ntsinzi igerweho.

Ati: “Ndagira ngo nshimire. Turashimira byimazeyo ikipe ya Basketball ya RSSB Tigers iherutse kuduhesha intsinzi y’amateka muri BAL, ikaba yarabaye ikipe ya mbere yo mu Rwanda yegukanye irushanwa ryo ku rwego rwa Afurika. Iyi ntsinzi ni ishema ry’Igihugu cyacu, ikaba n’urugero rwiza ku yandi makipe yo mu Rwanda kuko yatweretse ko ibyo twatekereza byose dushobora kubigeraho.”

Ministiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva kandi yashimye imikoranire myiza itanga umusaruro hagati y’amakipe akomeye ku Isi, yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda.

Ni nyuma y’uko Ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yegukanye Igikombe cya UEFA Champions League, itsindiye Arsenal yo mu Bwongereza ku mukino wa nyuma.

Ati: “Mwarabibonye aho Arsenal na PSG bakina umukino wa nyuma wa UEFA Champions League bikaba ari ibintu bigira uruhare mu kumenyekanisha u Rwanda nk’ahantu heza ho gusura no gushora imari no kwakira inama mpuzamahanga.”

Si muri UEFA Champions League gusa kuko mu mwaka wa nyuma w’amasezerano ya Visit Rwanda na Arsenal, iyi kipe yegukanye Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza, Premier League, yaherukaga mu 2004.

Minisitiri w’Intebe Dr. Nsengiyumva Justin mu kiganiro n’abanyamakuru

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA