Kenya n’u Rwanda byakuwe mu bihugu  Isiraheli  yafatiye ingamba kubera Ebola

Warning: Undefined array key 1 in /home/imvahonshyaco/public_html/m/wp-content/themes/imvaho/single.php on line 23

Warning: Attempt to read property "cat_name" on null in /home/imvahonshyaco/public_html/m/wp-content/themes/imvaho/single.php on line 23

Kenya n’u Rwanda byakuwe mu bihugu Isiraheli  yafatiye ingamba kubera Ebola

Imvaho Nshya

June 16, 2026

Minisiteri y’Ubuzima ya Isiraheli yakuye u Rwanda na Kenya mu bihugu abaturage babyo bafatiwe ingamba zo kutinjira muri icyo gihugu kubera icyorezo cya Ebola kibarizwa mu karere ibyo bihugu biherereyemo, kikaba ari icyemezo cyafashwe nyuma y’ibiganiro bya Dipolomasi.

Ibyo byemezo byafashwe kubera icyorezo cya Ebola cyagaragaye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) no muri Uganda, bikagira ingaruka ku ngendo zikorerwa mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba kose.

Izo ngamba za Isiraheli ziracyakomeje ku bihugu birimo RDC, Sudani y’Epfo na Uganda, mu gihe hakiri impungenge z’ikwirakwira ry’iki cyorezo.

Ambasade ya Isiraheli mu Rwanda yagize iti: Tunejejwe no kubamenyesha ko Minisiteri y’Ubuzima ya Isiraheli yafashe icyemezo cyo gukura Kenya n’u Rwanda ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo babujijwe kwinjira muri Isiraheri kubera Ebola. Izi ngamba ziracyari mu ngiro kuri DC, Sudani y’Epfo na Uganda.”

Izo ngamba ziteganya ko umuntu wageze mu bihugu byavuzwe mu minsi 21 ishize atemerewe kwinjira muri Isiraheli, kubera impungenge z’uko virusi ya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo ishobora kurenga imipaka.

Kenya yakuwe ku rutonde mu gihe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Kenya, Korir Sing’oei, yari yavuze ko igihugu cye kitishimiye icyo cyemezo, ashimangira ko Kenya yakoze ibizamini birenga 80 000 bya Ebola ariko nta murwayi n’umwe uraboneka.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO), rivuga ko kugeza uyu minsi abantu 782 bari bamaze kwandura Ebola, muri bo abamaze guhitanwa na yo bakaba 181 muri RDC. Muri Uganda iyo virusi imaze kuboneka ku bantu 19, ikaba yarahitanye abantu babiri.

Yanditswe na Théogène NIYIRORA

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA