Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Nsengiyumva Justin yakiriye mugenzi we w’Igihugu cya Côte d’Ivoire, Robert Beugré Mambé, baganira ku bufatanye bw’Ibihugu byombi.
Ibi biganiro byabaye kuri uyu wa 15 Gicurasi 2026, nkuko byatangajwe n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda. Itangazo byasohoye rigira riti” Kuri iki gicamunsi, Minisitiri w’Intebe Nsengiyumva yakiriye mugenzi we, Robert Beugré Mambé, Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire, uri mu Rwanda aho yitabiriye inama ya Africa CEO Forum 2026.
Ibiganiro byabo byibanze ku gushimangira ubufatanye mu nzego z’ingenzi zitandukanye hagati y’u Rwanda na Côte d’Ivoire” .
U Rwanda na Côte d’Ivoire ni ibihugu bisanzwe bifitanye imibanire myiza mu nzego zirimo ubucuruzi n’izindi. Mu Ukuboza 2025, Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yashyikirije Perezida Alassane Ouattara ubutumwa bwihariye yagenewe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame.

