Urugendo rwa Polisi y’u Rwanda yizihiza imyaka 25 mu kubungabunga amahoro ku Isi
umutekano

Urugendo rwa Polisi y’u Rwanda yizihiza imyaka 25 mu kubungabunga amahoro ku Isi

KAMBANDA Noel

May 28, 2026

Mu gihe Polisi y’u Rwanda yizihiza imyaka 25 imaze ishinzwe, uru rwego ntirugaragara gusa nk’inkingi y’umutekano imbere mu gihugu, ahubwo rwanabaye kimwe mu bihugu byo muri Afurika byubashywe cyane mu gutanga abapolisi mu butumwa mpuzamahanga bwo kubungabunga amahoro hirya no hino ku isi.

Kuva ku kongera kubaka ituze n’amategeko mu Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 kugeza ku kurinda abasivili mu bihugu byugarijwe n’intambara n’umutekano muke muri Afurika no hirya yayo, urugendo rwa Polisi y’u Rwanda (RNP) rugaragaza disipulini (discipline), ubunyamwuga n’ubwitange mu kurengera ikiremwamuntu.

Amateka y’u Rwanda mu bikorwa byo kubungabunga amahoro afitanye isano ya hafi n’amasomo akomeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yasize, igihe amahanga yatereranye Abanyarwanda. Icyemezo cy’u Rwanda cyo kwinjira mu butumwa mpuzamahanga bwo kubungabunga amahoro cyashingiye ku Isi itagomba kongera kurebera mu gihe abasivili bari kwicwa mu buryo bw’indengakamere.

Iyi ntego yatangiye gushyirwa mu bikorwa mu 2004, ubwo Polisi y’u Rwanda yoherezaga itsinda rya mbere rigizwe n’abapolisi 49 mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe muri Sudani (AMIS). Uwo wari umusanzu muto wabaye intangiriro y’urugendo rwagutse mpuzamahanga.

Mu myaka yakurikiyeho, u Rwanda binyuze muri Polisi y’Igihugu rwakomeje kwagura uruhare rwarwo mu bikorwa byo kubungabunga amahoro, ruba kimwe mu bihugu bitanga abapolisi benshi mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU).

Uyu munsi, abapolisi b’u Rwanda bamaze gukora ubutumwa muri bimwe mu bihugu byahuye n’ibibazo bikomeye by’umutekano n’intambara birimo Haiti, Mali, Repubulika ya Centrafrique, Sudani y’Epfo, Sudani, Liberia na Côte d’Ivoire.

Amatsinda yihariye y’abapolisi b’u Rwanda (Formed Police Units – FPUs) yamenyekanye cyane kubera imyitwarire myiza, ubushobozi mu kazi no kwegera abaturage. Inshingano zabo ntizagarukiye gusa ku gucunga umutekano, ahubwo zanakubiyemo guhugura abapolisi bo mu bihugu byakiriye ubutumwa, gufasha mu kongera kubaka ibikorwa remezo no gushyigikira ibikorwa by’ubwiyunge.

Mu mwaka wa 2010 nyuma y’umutingito ukomeye wari umaze guhitana abantu ibihumbi byinshi no gusenya ibikorwa remezo muri Haiti, Polisi y’u Rwanda yohereje abapolisi mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye buzwi nka MINUSTAH kugira ngo bafashe mu kugarura umutekano no gutanga ubufasha ku baturage. 

Abapolisi b’u Rwanda bagaragaje ubunyamwuga mu gucunga umutekano mu nkambi z’abimuwe, kurinda abasivili, gufasha abana n’abagore bari mu kaga ndetse no gufasha mu bikorwa by’ubutabazi no gusubiza icyizere abaturage. Uretse inshingano za polisi zisanzwe, banagize uruhare mu kubaka umubano mwiza n’abaturage binyuze mu bikorwa by’ubugiraneza, ubuvuzi no gufasha abana kubona ibikoresho by’ishuri. 

Uruhare rwabo muri Haïti rwashimwe cyane n’Umuryango w’Abibumbye ndetse rugaragaza uburyo u Rwanda rwahindutse Igihugu gifasha amahanga mu bihe bikomeye aho kuba igihugu gikeneye ubutabazi gusa.

Mu mwaka wa 2011, u Rwanda rwohereje abapolisi muri Côte d’Ivoire mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwari buzwi nka UNOCI, bikomeza kwagura uruhare rw’Igihugu mu kubungabunga amahoro ku Isi.

U Rwanda rwanohereje amatsinda y’abapolisi biganjemo abagore mu butumwa bwo kubungabunga amahoro, bishimangira ubushake bw’Igihugu mu guteza imbere uburinganire mu bikorwa by’umutekano mpuzamahanga. Muri ayo matsinda harimo iryoherejwe muri Repubulika ya Centrafrique mu butumwa bwa MINUSCA.

Ubunyamwuga bwahawe agaciro ku rwego mpuzamahanga

Ubunyamwuga bwa Polisi y’u Rwanda mu kubungabunga amahoro bwakomeje gushimwa ku rwego mpuzamahanga. Abapolisi benshi b’u Rwanda bahawe imyanya ikomeye mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye. Muri bo harimo CP Bruce Munyambo wagizwe Komiseri wa Polisi mu butumwa bwa UNMISS muri Sudani y’Epfo, umwanya ugaragaza icyizere amahanga afitiye ubuyobozi bw’Abanyarwanda.

Abagore b’abapolisi b’u Rwanda na bo bagaragaje ubudasa ku rwego mpuzamahanga. SGT Felicite Mujawamariya yahawe umudali w’ishimwe wa Loni kubera ibikorwa by’indashyikirwa mu ivugurura no kongera kubaka inzego z’umutekano igihe yari mu butumwa i Darfur. Mu gihe CIP Antoinette Umuraza yabaye Perezida w’Ihuriro ry’Abagore ba UNPOL muri MINUSCA muri Repubulika ya Centrafrique.

Ibi bikorwa byerekana ubushake bwa Polisi y’u Rwanda bwo guteza imbere abagore mu nzego z’amahoro n’umutekano.

Abagore ku Isonga mu Kubungabunga Amahoro

Mu myaka isaga makumyabiri ishize, u Rwanda rwabaye kimwe mu bihugu bya mbere bitanga abagore benshi mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro. Igihugu cyashyize mu bikorwa Umwanzuro wa Loni 1 325 ushyigikira uruhare rw’abagore mu kubaka amahoro no gukemura amakimbirane.

Abagore b’abapolisi b’u Rwanda bagize uruhare rukomeye mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, gufasha abagore n’abana bo mu bice byugarijwe n’intambara no guteza imbere ubumwe n’ubwiyunge.

Kubaho kwabo muri ubwo butumwa byabaye isoko y’ihumure n’icyitegererezo ku bagore bo mu bihugu byakiriye ubutumwa, bibatera kugira uruhare mu buzima rusange no mu nzego z’umutekano. Uruhare rwa Polisi y’u Rwanda mu kubungabunga amahoro rurenga kure ibikorwa byo gucunga umutekano gusa.

Mu bice byinshi bakoreyemo ubutumwa, abapolisi b’u Rwanda bubatse icyizere hagati yabo n’abaturage binyuze mu bikorwa by’ubutabazi, ubuvuzi, ubufasha mu burezi ndetse n’imikoranire ya polisi n’abaturage. Imikorere yabo ishingiye ku bumuntu, ubunyamwuga n’uburambe Igihugu cyakuye mu bihe by’amakimbirane, yabaye urugero rwiza rwubashywe ku rwego mpuzamahanga.

Mu gihe Polisi y’u Rwanda yizihiza imyaka 25 ishize ishinzwe mu mwaka wa 2 000 itangira gukora neza mu 2 001, nyuma yo guhuza Gendarmerie Nationale na Police Communale, umurage wayo mu kubungabunga amahoro ukomeje kuba kimwe mu bikorwa byayo by’ishema rikomeye.

Abapolisi b’u Rwanda boherejwe mu butumwa butandukanye
Antoinette Umuraza, umwe mu bagore bayoboye mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA