Ishyirahamwe ryo guteza imbere imikino y’abakozi mu Rwanda “ARPST” ku wa Kane taliki 14 Mata 2022 ryasinye amasezerano y’ubufatanye n’uruganda “Masita” rukora rukanacuruza ibikoresho bya siporo binyuranye rwo mu Buholandi.
Aya masezerano azafasha amakipe y’abakozi mu Rwanda kubona ibikoresho akeneye bya siporo ku giciro gito akaba yarashyizweho umukono na Perezida wa ARPST, Mpamo Thierry n’Umuyobozi akaba na nyiri uruganda rwa Masita, Kurt Molin. Umuhango ukaba warabereye aho uru ruganda ruherereye mu mujyi wa Maastricht mu Buholandi.
Nyuma yo gusinya aya masezerano, Perezida wa ARPST, Mpamo Thierry yatangarije Imvaho Nshya ko Masita izajya igurisha ibikoresho bya siporo ku makipe y’abakozi mu Rwanda abyifuza ku giciro gito (50%).
Akomeza avuga ko uzajya yifuza kugura ibikoresho azajya anyura muri ARPST bityo uruganda rukamugabanyiriza kandi agahabwa ibikoresho byiza.
Ati : “Twasinye amasezerano y’ubufatanye y’imyaka 5 ashobora kongerwa. Nka ARPST tuzaba dufitemo inyungu kuko abazajya bagura ibikoresho bitunyuzeho hari icyo tuzajya tugenerwa.”
Uru ruganda rwa Masita rucuruza ibikoresho by’imikino itandukanye irimo umupira w’amaguru”Football”, Basketball, Volleyball, Handball, Rugby, Amagare, imikino ngororamubiri, Koga n’ibindi.
Hashize kandi imyaka ibiri uru ruganda rwa Masita rwaratangiye kugeza ibikoresho bya siporo mu Rwanda kuko ubu rukorana n’amakipe agera kuri 5 muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru arimo Kiyovu, Musanze FC, Rutsiro FC, Police FC na Mukura.
Muri uyu mwaka wa 2022 , imikino y’abakozi mu Rwanda yitabiriwe n’amakipe 37 gusa mbere ya COVID-19 amakipe yitabiraga yari hagati ya 60 na 80 mu mikino itandukanye irimo umupira w’amaguru, Basketball na Volleyball.

