Birmingham 2022: Abaserukiye u Rwanda bakiriwe ku mugaragaro

Warning: Undefined array key 1 in /home/imvahonshyaco/public_html/m/wp-content/themes/imvaho/single.php on line 23

Warning: Attempt to read property "cat_name" on null in /home/imvahonshyaco/public_html/m/wp-content/themes/imvaho/single.php on line 23

Birmingham 2022: Abaserukiye u Rwanda bakiriwe ku mugaragaro

Imvaho Nshya

July 26, 2022

Kuva taliki 24 Nyakanga 2022, itsinda ry’abakinnyi b’u Rwanda  n’ababaherekeje bose hamwe bagera kuri 28  bari mu mujyi wa Birmingham mu Bwongereza aho baserukiye igihugu mu mikino ihuza  ibihugu byibumbiye mu muryango  w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza “Commonwealth Games 2022”.

Ku wa  Mbere taliki 25 Nyakanga 2022 ni bwo ikipe y’u Rwanda yakiriwe ku mugaragaro aho abazitabira imikino ya “Commonwealth Games 2022” bacumbikiwe  “Commonwealth Games Village”.

Umuyobozi wa “Commonwealth Games Village”, Dave Moorcroft ni we wakiriye ikipe y’u Rwanda  ahabaye n’ibirori bitandukanye  byakozwe n’abakorerabushake  ndetse hanatangwa n’impano.

Umuyobozi wa “Commonwealth Games Village”, Dave Moorcroft

Uwagiye ayoboye itsinda ry’abaserukiye u Rwanda,  Mugisha Jean Jacques yishimiye uko bakiriwe ashima cyane  ishyirahamwe ry’imikino ihuza ibihugu byibumbiye mu muryango  w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza “Commonwealth Games Federation” abakorerabushake batandukanye, abakinnyi ndetse n’umujyi wa Birmingham.

Uwagiye ayoboye itsinda ry’abaserukiye u Rwanda,  Mugisha Jean Jacques

Yifurije kandi abakinnyi bose amahirwe masa no kwitwara neza mu marushanwa  bagiye gutangira.

Kuri uyu wa Kabiri taliki 26 Nyakanga 2022, Minisitiri wa Siporo « MINISPORTS », Munyangaju Aurore Mimosa yasuye abakinnyi agirana na bo ikiganiro anabagezaho ubutumwa  aho yabasabye kwitwara neza.

Abaserukiye u Rwanda muri “Commonwealth Games 2022” bahagurutse mu Rwanda ku wa Gatandatu taliki 23 Nyakanga 2022 berekeza i Birmingham mu Bwongereza.

Mbere yo guhaguruka mu Rwanda, Munyanziza Gervais, Umuyobozi w’agateganyo wa Siporo muri Minisiteri ya Siporo “MINISPORTS” mu izina rya Minisitiri Munyangaju Aurore Mimosa yashyikirije ibendera aba bakinnyi abasaba kuzitwara neza bagahesha ishema igihugu.

Yabibukije  ko kuba Perezida w’u Rwanda Paul Kagame ari we ubu uyoboye umuryango wa “Commonwealth” bikwiriye kubatera ishyaka ryo  guharanira kuzitwara neza.

Visi Perezida wa mbere wa “Rwanda Commonwealth Games Association”, Umulinga Alice yashimiye abakinnyi uburyo bitwaye mu gihe bari bamaze mu mwiherero bitegura iyi mikino anabasaba kuzitwara neza.

Iyi mikino “Commonwealth Games 2022” biteganyijwe ko izatangira taliki 28 Nyakanga 2022 ahateganyijwe ibirori byo kuyifungura ku mugaragaro  naho kurushanwa bitangire taliki 29 Nyakanga 2022.  

Mu birori byo gufungura ku mugaragaro iyi mikino, abaserukiye u Rwanda bazaba bambaye imyenda ya Kinyarwanda (Imishanana) aho Ntagengwa Olivier na  Ingabire Diane  ari bo bazaba batwaye idarapo.

Ntagengwa Olivier (ibumoso) na  Ingabire Diane (iburyo)  ni bo bazaba batwaye idarapo ry’igihugu mu birori byo gufungura imikino

Biteganyijwe ko imikino izasozwa taliki 08 Kanama 2022 ahazaba umuhango wo gusoza ku mugaragaro iyi mikino.

Uko abakinnyi baserukiye u Rwanda bazarushanwa

U Rwanda rwaserukiwe n’abakinnyi  16 mu mikino  4 itandukanye irimo gusiganwa ku magare “Cycling”, imikino ngororamubiri “Athletics”, Koga “Swimming” na Volleyball ikinirwa ku mucanga “Beach Volleyball”.

Koga “Swimming”

Mu mukino wo Koga “Swimming”, u Rwanda rwaserukiwe n’abakinnyi babiri mu  bagabo ari bo Imaniraguha Eloi na Irankunda Isihaka aho bari kumwe n’umutoza, Rukundo Patrick.

Irankunda Isihaka (ibumoso) na Imaniraguha Eloi (iburyo)

Taliki 29 Nyakanga 2022, Irankunda Isihaka  azarushanwa muri metero 50 muri “Butterfly” mu majonjora y’ibanze niyitwara neza akine na ½   nyuma taliki 30 Nyakanga 2022 naba yitwaye neza akine icyiciro cya nyuma. Muri iki cyiciro mu mikino mpuzamahanga iheruka yakoresheje amasegonda 27 n’ibice 07. 

Irankunda Isihaka ubwo yakoraga imyitozo

Taliki 31 Nyakanga 2022, Maniraguha Eloi azarushanwa muri metero 100 muri “Freestyle” mu majonjora y’ibanze ndetse niyitwara neza akomeze muri ½  mu gihe azitwara neza, taliki 01 Kanama 2022 yahatana mu cyiciro cya nyuma. Ubwo aheruka guhatana muri iki cyiciro  Maniraguha yakoresheje amasegonda 57 n’ibice 17.

Taliki 01 Kanama 2022, Irankunda  azarushanwa muri metero 100  muri “Butterfly” mu majonjora y’ibanze yakwitwara neza agakomeza muri ½  yatsinda akazakina icyiciro cya nyuma, taliki 02 Kanama 2022. Aha Irankunda Isihaka ubwo aheruka kurushanwa yakoresheje umunota 1, amasegonda 02 n’ibice 25.

Taliki 02 Kanama 2022, Maniraguha Eloi azahatana muri metero 50 muri “Freestyle”  mu majonjora hanyuma niyitwara neza akomeze muri ½  natsinda azakine icyiciro cya nyuma taliki 03 Kanama 2022. Muri iki cyiciro, Maniraguha Eloi ubwo aheruka kurushanwa yakoresheje amasegonda 25 n’ibice 26.

Maniraguha Eloi mu myitozo

Volleyball ikinirwa ku mucanga “Beach Volleyball”

Abakinnyi baserukiye u Rwanda mu mukino wa Volleyball ikinirwa ku mucanga “Beach Volleyball” mu bagabo  ni Ntagengwa Olivier na  Gatsinzi Vénuste. Bakaba bari kumwe n’umutoza, Mudahinyuka Christophe.

Gatsinzi Vénuste (ibumoso), Mudahinyuka Christophe (hagati) na Ntagengwa Olivier (iburyo)

Iyi kipe y’ u Rwanda iri mu itsinda B hamwe na Australia (Paul Burnett na Christopher “Chris” McHugh), Afurika y’Epfo (Leo Williams na Grant Goldschmidt) na Maldives (Sajid Ismail na Adam Naseem).

Umukino wa mbere,  taliki 30 Nyakanga 2022, ikipe y’u Rwanda  izakina n’Afurika y’Epfo. Taliki 01 Kanama 2022, ikipe y’u Rwanda izakina na Maldives hanyuma taliki 03 Kanama 2022, ikipe y’u Rwanda ikine na  Australia.

Muri iki cyiciro hitabiriye amakipe 12 ashyirwa mu matsinda 3, amakipe 2 muri buri tsinda (4)  kongeraho amakipe 2 yabaye aya  3 yitwaye neza azakomeza muri ¼  cy’irangiza.

Bakoreye imyitozo aho bazakinira
Ntagengwa na Gatsinzi bakoranye imyitozo n’ikipe y’u Bwongereza igizwe na Javier Belllo na Joaquim Bello

Imikino ngororamubiri “Athletics”

Abakinnyi 4 ni bo baserukiye u Rwanda  ari bo  Nimubona Yves, Iranzi Celine, Uwitonze Claire na Imanizabayo Emeline. Umutoza akaba ari Kanyabugoyi Anicet.

Muri iki cyiciro, taliki 03 Kanama 2022  Iranzi Celine azasiganwa muri metero ibihumbi 10. Taliki 05 Kanama 2022, Uwitonze Claire  azahatana muri metero 1500 mu majonjora   nabasha kwitwara neza ahatane mu cyiciro cya nyuma taliki 07 Kanama 2022.

Nimubona Yves mu gusiganwa metero ibihumbi 5 mu bagabo azahatana taliki 06 Kanama 2022 naho taliki 07 Kanama 2022, Imanizabayo Emeline azahatana muri metero ibihumbi 5.

Umukino wo gusiganwa ku magare “Cycling”

Mu mukino wo gusiganwa ku magare « Cycling » u Rwanda rwaserukiwe n’abakinnyi 8 barimo 5 mu cyiciro cy’abagabo ari bo Uhiriwe Byiza Renus, Muhoza Eric, Mugisha Samuel, Manizabayo Eric na Mugisha Moise. Hari kandi abakinnyi 3 mu bagore ari bo Mukashema Josiane, Ingabire Diane na Tuyishimire Jacqueline. Umutoza ni Sempoma Felix.

Taliki 04 Kanama 2022, mu bagore hazakinwa icyiciro cyo gusiganwa n’isaha hakabarwa ibihe byakoreshejwe nk’ikipe «Team Time Trial » aho abazasiganwa bazakora intera ya kilometero 29.  Ikipe y’u Rwanda izaba igizwe na Mukashema Josiane, Ingabire Diane na Tuyishimire Jacqueline.

Ikipe y’u Rwanda mu bagabo na yo izasiganwa n’isaha habarwe ibihe byakoreshejwe « Team Time Trial » aho bazakora intera ya kilometero 37. Ikipe y’u Rwanda izaba igizwe na Mugisha Moise, Mugisha Samuel  na  Uhiriwe Byiza Renus.

Taliki 07 Kanama 2022 hazaba isiganwa ryo mu muhanda « Road Race » mu bagore bazasiganwa intera ya kilometero 112. Abakinnyi b’ikipe y’u Rwanda bazasiganwa ni Mukashema Josianne, Ingabire Diane na Tuyishimire Jacqueline.

Mu bagabo naho hazakinwa isiganwa ryo mu muhanda “Road Race” aho bazasiganwa intera ya kilometero 160. Abakinnyi  b’ikipe y’u Rwanda  bazahatana ni Mugisha Moise, Mugisha Samuel, Uhiriwe Byiza Renus, Muhoza Eric na  Manizabayo Eric.

Abakinnyi b’u Rwanda mu myitozo

Iyi ni inshuro ya 4 u Rwanda rwitabiriye iyi mikino ya “Commonwealth Games”  kuko rwitabiriye bwa mbere muri 2010 hakurikiraho 2014 na 2018. Muri izi nshuro 3 ziheruka u Rwanda nta bwo ruregukana umudali.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA