Rayon Sports yatangiye neza CECAFA Kagame Cup 2026 itsinda KVZ (Amafoto)
Amakuru

Rayon Sports yatangiye neza CECAFA Kagame Cup 2026 itsinda KVZ (Amafoto)

SHEMA IVAN

July 26, 2026

Ikipe ya Rayon Sports yatangiye neza irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026, itsinda KVZ (Kikosi Cha Valantia Zanzibar) FC yo muri Zanzibar ibitego 2-0 mu mukino wabereye kuri Sitade Amahoro ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, tariki ya 26 Nyakanga 2026.

Ni umukino witabiriwe n’abarimo Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, Perezida wa CECAFA, Paulos Weldehaimanot Andemariam n’abandi batandukanye.

Mbere y’umukino abari muri Stade Amahoro bafashe umwanya wo kwibuka Kanyankore Gilbert ‘Yaounde’ wakoze akazi gakomeye mu mupira w’amagaru w’u Rwanda n’u Burundi, akaba yaritabye Imana ku myaka 72 azize uburwayi yari amaranye igihe kirekire.

Rayon Sports ni yo yatangiye neza umukino ihererekanye mu kibuga hagati binyuze mu bakinnyi bayo barimo Muderi Akbar na issa Djiguiba.

Mu minota 30’ iyi kipe yambara ubururu n’umweru yakomeje gukina neza irusha cyane KVZ ikinira mu kibuga cyayo ndetse yabonye amahirwe yo gufungura amazamu ku mupira Charles yananiwe gukoraho ngo ujye mu izamu, ushyirwa muri koruneri itagize icyo itanga.

Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa.

Mu igice cya kabiri, Rayon Sports yatangiranye impinduka Boris Gbenou asimburwa Iradukunda Elie Tatou.

Izi mpinduka zongeye imbaraga mu basatirizi bw’iyi kipe bidatinze ku munota wa 67, Iradukunda Elie Tatou yakiniwe nabi mu rubuga rw’amahina Rayon Sports ihabwa Penaliti.

Iyi Penaliti yinjijwe neza na rutahizamu Kameni Herman Junior atsindira Rayon Sports igitego cya mbere.

Ku munota wa 75, Iradukunda Elie Tatou winjiye mu kibuga agahindura umukino, yateye Coup Franc ahannye ikosa ryakorewe Kameni Junior ku mahirwe make ye umupira ukubita igiti cy’izamu.

Ku munota wa 76, Umutoza wa Rayon Sports Haringingo Francis yongeye gukora impinduka Ibrahim Djingarey asimbura Muhoza Daniel.

Nyuma y’iminota itatu gusa, Muhoza Daniel yatsinze igitego cya kabiri ku mupira muremure Nshimiyimana Emmanuel “Kabange” yamuhaye ahita awushyira mu izamu.

Nta kindi gitego cyabonetse kugeza umukino urangiye Rayon Sports itsinda KVZ (Kikosi Cha Valantia Zanzibar) FC yo muri Zanzibar ibitego 2-0, itangira neza irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026.

Gutsinda uyu mukino byatumye Gikundiro inganya amanota atatu na Al-Hilal SC yatsinze Tusker FC ibitego 2-0 byinjijwe na Kamaradini Mamudu ku munota wa 30 na Salim Adams ku munota wa 90+5 mu wundi mukino wabanje mu Itsinda C.

Iyi kipe izagaruka mu kibuga ku wa Gatatu tariki ya 29 Nyakanga 2026, ikina na Tusker FC yo muri Kenya mu gihe Al-Hilal izisobanura na KVZ.

Rayon Sports yari imaze imyaka irindwi idakina CECAFA dore ko yaherukaga irushanwa ryabereye mu Rwanda mu 2019, icyo yaviriyemo muri ¼ itsinzwe ibitego 2-1 na KCCA yo muri Uganda.

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu “Amavubi” Stephen Constantine na we yakurikiye umukino
Nk’ibisanzwe abafana ba Rayon Sports bari benshi baje gushyigikira ikipe yabo
Abakinnnyi Rayon Sports yabanje mu kibuga
Abakinnyi KVZ yabanje mu Kibuga
Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice na Perezida wa CECAFA, Paulos Weldehaimanot Andemariam mu bakurikiye umukino
Issa Djiguiba ni umwe mu bakinnyi bagize umukino mwiza
Issa Djiguiba yari acunzwe cyane n’abakinnyi ba KVZ
Muderi Akar ashaka aho ashyira umupira
Kameni Herman Junior ni we wafunguye amazamu kuri Penaliti
Myugariro Matumona ahanganya n’abakinnyi ba KVZ
Muhoza Daniel yishimira igitego cya Kabiri yatsinze
Muhoza Daniel na bagenzi be bishimira igitego

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA