CAN U-23: Ikipe y’u Rwanda ifite akazi gakomeye i Bamako

Warning: Undefined array key 1 in /home/imvahonshyaco/public_html/m/wp-content/themes/imvaho/single.php on line 23

Warning: Attempt to read property "cat_name" on null in /home/imvahonshyaco/public_html/m/wp-content/themes/imvaho/single.php on line 23

CAN U-23: Ikipe y’u Rwanda ifite akazi gakomeye i Bamako

Imvaho Nshya

October 23, 2022

Rwanda 1-1 Mali

Taliki 29-10-2022

Mali-Rwanda (Bamako)

Ikipe y’u Rwanda “Amavubi” mu batarengeje imyaka 23 yanganyije na Mali mu mukino ubanza  mu mikino yo gushaka itike y’irushanwa ry’Afurika  “Africa U-23 Cup of Nations 2023”.

Uyu mukino wabereye kuri Sitade Mpuzamahanga ya Huye ku wa Gatandatu taliki 22 Ukwakira 2022. Ikipe ya Mali yabonye igitego ku munota wa 42 gitsinzwe na Ahmed Diomonde. Ku munota wa 43 ikipe y’u Rwanda yabonye igitego cyo kwishyura nyuma y’uko umukinnyi  wa Mali asubije umupira inyuma awuha umunyezamu Lassine Diarra ntiyabasha kuwuhagarika uruhukira mu rushundura.

Aya makipe yombi yasoje igice cya mbere anganya igitego 1-1. Mu gice cya kabiri nta mpinduka zabaye umukino urangira ari igitego 1-1.

Nyuma y’uyu mukino, ikipe y’u Rwanda  ku wa mbere taliki 24 Ukwakira 2022 ni bwo igomba kwerekeza i Bamako muri Mali aho izakina umukino wo kwishyura taliki 29 Ukwakira 2022.

Ikipe y’u Rwanda kugira ngo ikomeze mu cyiciro cya gatatu irasabwa gutsinda, kunganya igitego 1-1 hakitabazwa penaliti cyangwa kunganya mu bitego biri hejuru ya 1.

Iyi kipe y’u Rwanda “Amavubi U-23” yageze muri iki cyiciro cya kabiri nyuma yo gusezerera  Libiya ku bitego 4-4 mu mikino yombi. Mu cyiciro cya gatatu ari na cyo cya nyuma, ikipe izakomeza hagati y’u Rwanda na Mali izahura n’ikipe izaba yakomeje hagati ya Burkina Faso na Senegal.

Imikino ya CAN-23 izabera muri Maroc  muri Kamena 2023 aho  izitabirwa n’amakipe 8. Amakipe 3 ya mbere  azabona itike yo kuzaserukira Afurika mu mikino Olempike  “Summer Olympic Games 2024” izabera i Paris mu Bufaransa.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA