Dutemberane mu magororero y’u Rwanda: Ihere ijisho siporo zihakorerwa (Video)
Siporo

Dutemberane mu magororero y’u Rwanda: Ihere ijisho siporo zihakorerwa (Video)

SHEMA IVAN

May 8, 2026

Buri muntu ku Isi, hari uburenganzira bw’ibanze agira, muri bwo habamo imikino n’imyidagaduro. Hari abatekereza ko umuntu uri mu igororero, aba abayeho yigunze, afashwe nabi cyangwa nta bwinyagamburiro afite.

Muri iyi nkuru Imvaho Nshya igiye kukumara amatsiko ku bijyanye n’uburyo abagororerwa mu magororero yo hirya no hino mu gihugu bidagadura, abakina imikino itandukanye uko bahabwa umwanya, wo kugaragaza impano n’ibindi.

Imikino ikunzwe cyane irimo umupira w’amaguru, Volleyball, Basketball, bagira abayobozi ba Federasiyo, hari kandi umukino w’agati wisangwamo na benshi, karate, Taekwondo n’abaterura ibiremereye.

Abaganiriye na Imvaho Nshya barimo kugororerwa mu magororero y’u Rwanda, bayibwiye ko siporo ari kimwe mu bibafasha gukora ibihano byabo, bikabarinda kwigunga no kwiheba ndetse bikabafasha no kugira ubuzima bwiza. Niyonizeye David yagize ati: ‘’siporo imfasha kuva mu bwigunge bwo kwitekerezaho kuko nahawe igihano cy’imyaka 15, ubu maze kwiyakira mbikesha siporo.”

Mbarushimana Martin na we yagize ati: “Icya mbere iyo uri kugororwa siporo igufasha kwirinda kwitekerezaho cyane kuko nta mwanya munini wo kuryama cyangwa wo kwigunga umuntu abona bikadufasha gukomeza ubuzima busanzwe.”

Umuvugizi w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS, CSP Sengabo Hillary Emmanuel, yavuze ko impamvu bashyizeho imikino n’imyidagaduro mu magororero hagamijwe gufasha abagororwa kugira ubuzima bwiza no kwirinda gutekereza cyane.  

Yagize ati: “Gahunda zo kugorora ni nyinshi zitandukanye harimo n’uburyo bwa siporo no kwidagadura. Umunsi w’umuntu uba mu igororero urangwa n’ibintu byinshi bitandukanye harimo ibyo yikorera bwite nk’isuku, ariko hari ibyo tumugenera nka gahunda zo kumugorora harimo na siporo.”

Akomeza ati: “Ibi bifasha kunanura imitsi no kutitekerezaho cyane, umuntu uri mu igororero agakomeza gutekereza neza ni yo mpamvu tubashishikariza gukora siporo ndetse n’abasanzwe batayikora bakangurirwa kuyikora kugira ngo birinde guhungabana.”

CSP Sengabo yakomeje agaragaza ko kuva iyi gahunda itangiye yagize uruhare runini mu mibereho myiza y’abagororwa kuko bafite ubuzima bwiza. Ati: ‘’Iyi gahunda ifite uruhare runini mu mibereho myiza y’abagororwa kuko umuntu udafite ubuzima bwiza ntabwo yumva inyigisho zo kugororwa ndetse ntacyo yakwimarira iyo atashye, cyangwa ngo akimarire n’igihugu muri rusange. Abafunguwe iyo batashye ari bazima bagatanga ubuhamya bifasha abasigaye gukomeza kwitabira imikino n’imyidagaduro’’.

Kugeza ubu mu Rwanda abasaga ibihumbi 69 bari mu magororero barimo abasaga ibihumbi 15 bahamijwe n’inkiko ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Umukino w’igisoro ni umwe mu mikino yitabirwa cyane n’abagororwa
Umukino wa Taekwondo na wo ufite abawukina benshi mu igororero
Basketball ni umwe mu mikino usanga mu magorero yo mu Rwanda
Umuvugizi wa RCS, CSP Sengabo Hillary Emmanuel, yavuze ko imikino n’imyidagaduro bifite uruhare runini mu mibereho myiza y’abari mu igororero
Amakarita ni umwe mu mukino umara irungu abari mu igororero
Ludo ni undi mukino usanga mu magorero yo hirya no hino mu gihugu
Mu magororero hari abafana baba biteye amarange ya Rayon Sports
Umupira w’amaguru uri mu mikino ifite abafana benshi
Imikino yo mu magororero iba ifite ubwitabire bwinshi
Abitwara neza mu mikino itandukanye barahebwa
Karate iri mu mikino yitabirwa mu igororero
Umupira w’amaguru ni umwe mu mikino ikunzwe cyane

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA