Ingabo za Isirayeli zakajije ibitero byazo ku butaka kuri Hezbollah mu majyepfo ya Liban, zagabye igitero gikomeye kandi mu kirere muri ako karere, zihitana abantu 31, barimo nibura abana bane n’abagore batatu, nk’uko Minisiteri y’Ubuzima ya Liban yabitangaje.
Hagati aho, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran yashinje Leta Zunze Ubumwe za Amerika ko ku wa Kabiri, tariki ya 26 Gicurasi, zitubahiriza amasezerano y’agahenge ko guhagarika imirwano, nyuma y’ibitero by’indege za Amerika mu ijoro ryabanje mu majyepfo y’igihugu, ndetse bateje muri Irani, murandasi yasubijweho nyuma y’iminsi 88 yari itariho.
Nk’uko byatangajwe na Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), ingabo za Isirayeli zagabye ibitero bishya mu kirere ku wa kabiri mu majyepfo ya Libani, zasabye ko abaturage bagera kuri 40 bavanwa muri ako gace, nubwo habayeho guhagarika imirwano. Uretse ibitero by’indege, Isiraheli yatangaje ko irimo kongera ibitero ku butaka ku mutwe wa Hezbollah ushyigikiye Irani, zari zashinze mu majyepfo ya Libani, nko mu bilometero 10 uvuye ku mupaka.
Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima ya Libani ribivuga ko abantu 31, barimo nibura abana bane n’abagore batatu, baguye muri ibyo bitero, abandi 40 barakomereka.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zagabye ibitero ku mugoroba wo ku wa Mbere ahari intwaro za misile mu majyepfo ya Iran. Ubuyobozi bukuru bwa Amerika bwavuze ko igisirikare cya Amerika cyagabye ibitero byo kwirwanaho mu majyepfo ya Iran, kigamije kurasa ibisasu bya misile n’amato ya Iran agerageza gutega mine.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran irashinja Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuba ku tariki ya 26 Gicurasi, zitarubahirije itegeko ryo guhagarika intambara mu majyepfo y’igihugu. Minisiteri yagize iti: “Igisirikare cy’iterabwoba cya Amerika, gikomeje ibikorwa byacyo bitemewe n’amategeko kandi bidafite ishingiro kuva aho hari hashyizweho agahenge, cyakoze icyaha gikomeye cyo guhagarika intambara mu karere ka Hormozgan mu masaha 48 ashize.”
Visi Perezida wa Irani, Mohammad Reza Aref, ku wa Kabiri yatangaje ko hari intambwe ya mbere yafashwe yo kugarura murandasi nyuma y’aho habuze gato ngo habeho ibura ry’amashanyarazi kuva intambara na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Isiraheli yatangira ku ya 28 Gashyantare 2026. Umuryango mpuzamahanga uharanira umutekano w’ikoranabuhanga, NetBlocks, wari waratangaje ko abayobozi ba Iran basubijeho igice cy’itumanaho rya murandasi.