Paris Saint-Germain yegukanye Igikombe cya UEFA Champions League itsinze Arsenal penaliti 4-3 nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu mukino wakinwe iminota 120.
Uyu mukino w’ishiraniro wabereye i Budapest muri Hongrie kuri Puskas Arena, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 30 Gicurasi 2026.
Ni umukino wabimburiwe n’ibirori byo kuwutangiza, aho itsinda the The Killers ry’abacuranzi bo mu njyana ya Rock ryasusurukije abafana mbere y’uko abakinnyi bakomeye ari bo Thierry Henry wakiniye Arsenal FC ari kumwe na Presnel Kimpembe wakiniye Paris Saint Germain basohora igikombe cyari kigiye gukinirwa.
Arsenal ni yo yatangiye neza umukino kuko ku munota wa gatandatu yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Kai Havertz ku mupira mwiza yacomekewe na Leandro Trosaard.
Nyuma yo gutsindwa igitego Paris Saint Germain yinjiye mu mukino itangira guhererekanya neza mu kibuga hagati ishaka igitego cyo kwishyura harimo koruneri ebyiri zikurikiranya yabonye ariko biranga.
Ku munota wa 26 Arsenal yabonye ubundi buryo bukomeye bwashoboraga kuvamo igitego cya kabiri ku mupira mwiza Bukayo Saka yahinduye imbere y’izamu ariko birangira umunyezamu wa PSG atabaye awukuraho.
Mu minota 30, iyi kipe y’i Paris yakomeje gusatira ishaka igitego cyo kwishyura ariko ikagorwa n’ubwugarizi bwa Arsenal bwari buhagaze neza
Igice cya mbere cyarangiye Arsenal itsinze Paris Saint Germain igitego 1-0.
Mu igice cya kabiri, PSG yakomeje gusatira cyane, ariko abakinnyi bayo bakina basatira bakagorwa no kubyaza umusaruro amahirwe babonaga imbere y’izamu.
Iyi kipe ntiyacitse intege kuko ku munota wa 64, myugariro Christhian Mosquera wa Arsenal yakoreye ikosa Khvicha Kvaratskhelia ari mu rubuga rw’amahina, umusifuzi yemeza ko ari penaliti.
Iyo Penaliti yinjijwe neza na Ousmane Dembélé atsindira Paris Saint igitego cyo kwishyura.
Ku munota wa 66, Umutoza wa Arsenal FC, Mikel Arteta yakoze impinduka ebyiri Christhian Mosquera, Martin Odegaard basimburwa na Jurrien Timber na Viktor Gyokeres.
Ku munota wa 77, PSG yahushije igitego cyabazwe ku mupira watewe na Khvicha Kvaratskhelia, ushyirwa muri Koruneri itagize icyo itanga:
Iminota 10 ya nyuma yaranzwe no gukomeza gusatira cyane kwa Paris Saint Germain ariko ubwugarizi n’umunyezamu wa Arsenal bakomeza kwihagararaho.
Iminota 90 y’umukino yarangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1.
Hashyizweho indi minota 30 y’inyongera kugira ngo hamenyekane uwegukana igikombe.
Iyi minota yarangiye amakipe yombi akomeje kunganya bityo hashyirwaho penaliti.
Paris Saint Germain yazitwayemo neza itsinda Arsenal penaliti 4-3 yegukana igikombe cya UEFA Champions League 2025/26.
Uyu mukino wahuzaga amakipe yombi afitanye ubufatanye n’u Rwanda aho yamamaza ubukerarugendo bwarwo binyuze muri Visit Rwanda.
Ni inshuro ya kabiri yikurikiranya, PSG, ikipe yo mu Mujyi wa Paris yegukanye igikombe cy’irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo mu Burayi.
Ni mu gihe Arsenal yatsindiwe ku mukino wa nyuma ku nshuro ya kabiri nyuma ya 2006.








