Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashimiye ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda, nyuma kwegukana igikombe cya UEFA Champions league ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.
Iyi kipe yabigezeho mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 30 Gicurasi 2026, itsinze Arsenal penaliti 4-3, nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu mukino wakinwe iminota 120.
Arsenal ni yo yatangiye neza umukino bidatsinze ku munota wa gatandatu yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Kai Havertz.
Byasabye gutegereza umunota wa 65 ubwo Ousmane Dembélé yishyuriraga PSG kuri penaliti nyuma y’ikosa ryakorewe kuri Khvicha Kvaratskhelia mu rubuga rw’amahina.
Iminota 90 isanzwe n’indi 30 y’inyongera, yose yarangiye nta kipe yongeye kureba mu izamu, hashyirwaho penaliti, Paris Saint-Germain itsinda 4-3 aho iya nyuma ya Arsenal yahushijwe na Gabriel Magalhães.
Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X nyuma y’umukino, Perezida Paul Kagame yashimiye Paris Saint-Germain yegukanye iki gikombe cya UEFA Champions League y’umwaka w’imikino wa 2025/26.
Ati: “Ndashimira umufatanyabikorwa wa Visit Rwanda, Paris Saint-Germain ku Gikombe cya UEFA Champions League yari ikwiye no kuba icyegukanye ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.”
Yongeyeho ati: “Ndashimira kandi Arsenal ku kugera ku mukino wa nyuma no guhatana kugeza ku munota wa nyuma ushoboka. Amakipe yombi yateye ishema abakunzi bayo, PSG igaragaza ko ari ikipe nziza kurushaho.”
PSG yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda kuva mu 2019 kugeza mu 2028 mu gihe Arsenal yakoranaga n’u Rwanda kuva mu 2018, amasezerano yayo arangiranye n’uyu mwaka w’imikino wa 2025/26.

