Inzego z’Umutekano muri Afurika y’Epfo zataye muri yombi abantu barenga 900 hirya no hino mu gihugu kubera akajagari n’urugomo bateje mu myigaragambyo irwanya abimukira.
Polisi ya Afurika y’Epfo yatangaje ko nubwo ahantu henshi iyo myigaragambyo yabaye mu mahoro ariko hari n’ahandi hadutse urugomo, amaduka arasahurwa ndetse hapfira n’umuntu abandi barakomereka.
Aljazeera yatangaje ko iyi myigaragambyo yateguwe n’ihuriro ry’imiryango irenga 20 itari iya Leta yongeye kwaduka nyuma yuko abimukira bari muri Afurika y’Epfo bahawe tariki 30 Kamena nk’igihe ntarengwa cyo kubavira mu gihugu.
Mu myigaragambyo 120 yabaye hirya no hino muri Afurika y’Epfo, 108 yabaye mu mahoro naho 12 iteza imidugararo yatumye hitabazwa inzego z’umutekano nkuko byatangajwe ku wa 02 Nyakanga 2026, mu kiganiro n’itanganzamakuru.
Umuyobozi Mukuru wungirije wa Polisi muri Afurika y’Epfo, Tebello Mosikili yavuze ko abo batawe muri yombi bazira urugomo, ubusahuzi no kurenga ku mategeko.
Itangazo ryasohowe n’Ibiro bya Perezida wa Afurika y’Epfo, ryagaragaje ko Perezida Cyril Ramaphosa yagiranye inama yihutirwa mu ntangiriro z’iki cyumweru n’abayobozi b’imitwe yateguye imyigaragambyo, abasaba gutuza no kwirinda ibikorwa by’urugomo.
Muri iryo tangazo, Ramaphosa yemeye ko ibibazo by’abimukira byagaragajwe n’abigaragambya bifite ishingiro kuko abahari mu buryo bunyuranyije n’amategeko hari impungenge bateza kandi uko ari ukuri gukwiye kumvwa.
Icyakora Perezida Ramaphosa yashimangiye ko ibyo bidashobora kuba urwitwazo rwo kwica amategeko ngo hakorwe ibikorwa bitemewe bishobora guhutaza no guhungabanya umutekano w’umuntu.
Mu gace ka Alexandra ko mu mujyi wa Johannesburg, polisi yemeje ko umuntu umwe yarashwe arapfa mu ijoro ryo ku wa Kabiri, ubwo abantu basahuraga amaduka y’abanyamahanga, mu gihe mu gace ka Hillbrow kari rwagati i Johannesburg, habaye iraswa ryakomerekeyemo abantu babiri.
Ku rundi ruhande, imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, irimo na ‘Amnesty International South Africa’, yamaganye ibikorwa byo kwibasira abimukira, ivuga ko abimukira bari guhindurwa ibitambo by’ibibazo byimbitse by’ubukungu n’imibereho muri Afurika y’Epfo.
