Gen. Muhoozi yashimiye Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame 
Politiki

Gen. Muhoozi yashimiye Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame 

SHEMA IVAN

July 27, 2026

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yashimiye Perezida Paul Kagame, Madamu Jeannette Kagame ndetse na mugenzi we Gen. Mubarakh Muganga, ku rugwiro we n’itsinda bari kumwe bakiranywe mu Rwanda.

Mu butumwa yatambukije kuri konti ye ya X, Gen. Muhoozi yavuze ko bagiranye ibiganiro byiza ku mubano w’ibihugu byombi.

Yagize ati: “Turashimira Perezida Yoweri Kaguta Museveni na Perezida Paul Kagame bafite imiyoborere y’intangarugero.”

Ku wa 25 Nyakanga 2026, ni bwo Gen. Muhoozi yagiriye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda yakiriwe na Perezida Paul Kagame baganira ibiganiro byibanze ku mubano ukomeye hagati y’u Rwanda na Uganda, ndetse n’izindi ngingo zireba umutekano, amahoro n’ituze ry’Akarere.

Ku wa 26 Nyakanga, Gen. Muhoozi yasuye ibikorwa birimo umushinga wo kwagura Ibitaro byitiriwe Umwami Faisal. Imirimo yo kwagura ibi bitaro izasiga umubare w’ibitanda ukubwe gatatu aho bizagera kuri 600.

Uyu muyobozi kandi yasuye ibindi bikorwa bifasha abantu kuruhuka birimo Pariki ya Nyandungu yafunguwe mu 2022.

Ni pariki ifasha abantu kuruhuka ndetse abayisura bakomeje kwiyongera bavuye kuri 67 222 mu 2023, bagera kuri 76 754 mu 2024, mu 2025 bariyongera cyane kuko byageze mu Ugushyingo babarirwa mu bihumbi 100.

Amafaranga iyo pariki yinjiza na yo yakomeje kwiyongera kuko yavuye kuri miliyoni 158 Frw mu 2024 agera kuri miliyoni zirenga 200 Frw mu 2025.

Yatemberejwe kandi umushinga wo guteza imbere imiturire uri kubakwa i Gacuriro mu Karere ka Gasabo uri gushyirwa mu bikorwa n’Ikigo Shelter Group Africa.

Uruzinduko rwa Gen. Kainerugaba rugamije kurushaho kwimakaza umubano mu bya gisirikare ndetse n’izindi nzego z’inyungu u Rwanda na Uganda bihuriyeho.

Gen. Muhoozi yashimiye Perezida Kagame na Madamu Jeanette Kagame bamwakiriye neza n’itsinda bari kumwe mu Rwanda
Gen. Muhoozi yasoje uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri yagiriye mu Rwanda

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA