Hervé Renard yagizwe umutoza wa Tunisia
Siporo

Hervé Renard yagizwe umutoza wa Tunisia

SHEMA IVAN

June 16, 2026

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Tunisia (FTF), ryatangaje ko Hervé Renard yagizwe Umutoza Mukuru w’ikipe y’umupira w’amaguru y’iki gihugu, asimbuye Sabri Lamouchi wirukanywe nyuma y’umukino umwe mu Gikombe cy’Isi.

Ku wa Mbere, tariki ya 15 Kamena 2026, ni bwo Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Tunisia (FTF) yatangaje ko yirukanye Sabri Lamouchi wari umutoza mukuru nyuma yo kunyagirwa na Suède ibitego 5-1 mu mukino wa mbere wo mu Itsinda F ry’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, ni bwo Umufaransa Hervé Renard w’imyaka 57 yemejwe nk’umutoza mukuru mushya ndetse biteganyijwe ko atangira imyitozo yitegura umukino wa kabiri wo mu itsinda bazakina n’u Buyapani ku wa 21 Kamena.

Hervé Renard amenyerewe muri ruhago ya Afurika aho yatoje ibihugu birimo Zambia, Maroc, Ghana, Côte D’ivoire n’ibindi.

Uyu mutoza agiye gutoza mu Gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, nyuma yo kugitozamo mu 2018 ari kumwe na Maroc no mu 2022 ari kumwe na Arabie Saoudite mu 2022.

Inshuro zose yari muri iri rushanwa ntabwo ararenga amatsinda, dore ko no mu 2022 ubwo yatsindaga Argentine yatsinzwe imikino ibiri ikurikiyeho bikarangira na bwo atageze muri ⅛.

Hervé Renard yagizwe Umutoza Mukuru w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Tunisia

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA