Imbuto Foundation yabonye Umuyobozi mushya
Politiki

Imbuto Foundation yabonye Umuyobozi mushya

KAYITARE JEAN PAUL

March 18, 2024

Imbuto Foundation yatangaje Elodie Shami nk’Umuyobozi Mukuru mushya wayo.

Ni ubutumwa bwashyizwe ku rubuga rwa X ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 18 Werurwe 2024.

Bugira buti: “Twishimiye kubatangariza Umuyobozi Mukuru mushya Elodie Shami”.

Inararibonye rya Shami ryitezweho kugeza Imbuto Foundation ku ntego yayo biturutse ku miyoborere myiza ye.

Umuryango mugari wa Imbuto Foundation wahaye ikaze Shami, mu rugendo rw’impinduka ukomeje.

Shami yahoze ari umukozi wa Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yakoraga mu ishami ryitumanaho.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA