Minisitiri Dr. Nsengiyumva yahagarariye Perezida Kagame mu irahira rya Perezida Ismaïl Omar
Politiki

Minisitiri Dr. Nsengiyumva yahagarariye Perezida Kagame mu irahira rya Perezida Ismaïl Omar

Imvaho Nshya

May 9, 2026

Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin yahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Djibouti, Ismaïl Omar Guelleh, uherutse kongera gutorerwa kuyobora iki gihugu.

Uyu muhango w’irahira wabaye kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 9 Gicurasi 2026, witabirwa n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, abayobozi bakuru mu nzego zitandukanye n’abatumirwa baturutse mu karere no mu bindi bihugu byo hirya no hino ku Isi.

Mu ijambo rye, Perezida Guelleh yavuze ko yiyemeje gukora atizigamye kugira ngo Djibouti irusheho gutera imbere kandi ko azimakaza ubufatanye n’ibindi bihugu byaba ibyo muri Afurika no hanze yayo.

Omar Guelleh watsinze amatora yabaye ku wa 10 Mata 2026 ku majwi 97,81%, ari kuyobora manda ya gatandatu, aho yatangiye kuyobora iki gihugu mu 1999.

Umubano w’u Rwanda na Djibouti umaze igihe kinini uhagaze neza. Impande zombi, zibinyujije muri komisiyo ihuriweho yo ku rwego rwa Minisiteri zihurira mu nama zihoraho zigamije kureba amahirwe yo kwaguriramo ubufatanye.

Ibihugu byombi byari bisanzwe bifitanye andi masezerano y’ubufatanye mu guteza imbere ubucuruzi, ubwikorezi bwo mu kirere, ikoranabuhanga, umutekano w’ishoramari no gukurikiraho abadipolomate ikiguzi cya ‘visa’.

Hashingiwe ku mubano mwiza uri hagati y’ibi bihugu, Djibouti yahaye u Rwanda hegitari 60 z’ubutaka burimo uburi hafi y’icyambu n’ubundi buri mu cyanya cyahariwe ubucuruzi, na rwo ruyiha ikibanza cya hegitari 10 mu cyanya cy’inganda i Masoro.

Muri Werurwe 2026, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yakiriwe na mugenzi we wo muri Djibouti, Abdoulkader Houssein Omar, baganira ku mubano w’ibihugu byombi.

Minisitiri Nduhungirehe na Abdoulkader banarebeye hamwe ahari amahirwe yo kwagurira ubufatanye hagamijwe inyungu z’ibihugu byombi.

Icyo gihe kandi Minisitiri Nduhungirehe yahuye na Perezida wa Djibouti, amugezaho ubutumwa bwihariye yahawe na Perezida Paul Kagame.

Ismaïl Omar Guelleh yijeje gukomeza gukora atizigamye gukira ngo Djibouti ikomeze gutera Imbere
Ismail Omar yarahiriye kuyobora Djibouti muri manda ya gatandatu
Umuhango w’irahira rya Perezida wa Djibouti witabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo muri Afurika no ku yindi migabane

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA