Perezida Trump yise Iran umwanda ahita ahagarika  amasezerano y’agahenge  
Mu Mahanga

Perezida Trump yise Iran umwanda ahita ahagarika  amasezerano y’agahenge  

KAMALIZA AGNES

July 8, 2026

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Donald Trump yatangaje ko yahagaritse amasezerano y’agahenge  yari yarasinyanye na Iran nyuma yuko impande zombi zongeye gukozanyaho, ashimangira ko adashobora kugirana imishyikirano n’umwanda.

Ibyo Trump yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Nyakanga 2026, mu nama y’Abakuru b’Ibihugu bigize umuryango wo gutabarana  NATO iri kubera muri Turukiya.

Perezida Trump yavuze ko adashaka kongera kugirana imishyikirano n’abantu b’umwanda b’abarwayi bayobowe n’abandi barwayi.

Yagize  ati: “Sinshaka kongera kugirana na bo ibiganiro. Ni abantu b’umwanda. Ni abarwayi bayobowe n’abarwayi. Ni abanyamahane bakunda urugomo. Iyo baza kuba bafite intwaro kirimbuzi bari kuzikoresha. Kuri njye ibyo byose byararangiye.” Perezida Trump yashimangiye ko kugirana na bo ibiganiro ari uguta umwanya kuko Iran ari abanyabinyoma.

Amasezerano y’agateganyo hagati ya Amerika na Iran yasinywe ku wa 17 Kamena 2026, yiswe ‘Islamabad Memorandum of Understanding’, akaba yari agamije guhagarika imirwano hakajyaho n’iminsi 60 y’ibiganiro biganisha  ku masezerano ya burundu. 

Mu ngingo z’ingenzi zari zikubiye muri ayo masezerano harimo guhagarika ako kanya ibikorwa byose bya gisirikare hagati ya Amerika, Iran n’abafatanyabikorwa babo, kubaha ubusugire bw’ibihugu, kutivanga mu bibazo by’imbere mu gihugu no gutangira ibiganiro bigamije kugera ku masezerano ya burundu mu gihe kitarenze iminsi 60, ishobora kongerwa impande zombi zibyumvikanyeho. 

Iran yemeye ko  amato y’ubucuruzi anyura  muri  Hormuz mu mutekano kandi nta mafaranga aciwe mu gihe cy’iminsi 60, ndetse Amerika yemera gutera inkunga Iran mu rwego rwo kongera kubaka igihugu mu igihe amasezerano ya nyuma yaba agezweho.

Ishyirwa mu bikorwa ry’ayo masezerano ryakomeje kugorana nyuma yuko Amerika yongeye gusubukura ibitero kuri Iran ndetse icyo gihugu nacyo kikihorera ku birindiro byayo biri mu bihugu by’abafatanyabikorwa byo mu Burasirazuba bwo Hagati.

Mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki ya 07 Nyakanga 2026, ubuyobozi  bw’ingabo za Amerika muri ako karere, (CENTCOM) bwatangaje ko bwagabye ibitero ku ntego zirenga 80 za Iran, zirimo n’ubwato buto burenga 60 bw’Ingabo zidasanzwe za Iran (Islamic Revolutionary Guard Corps – IRGC).

Mu gusubiza ibyo bitero, Iran yatangaje ko na yo yagabye ibitero ku birindiro by’ingabo za Amerika biri muri Bahrain na Kuwait.

Ibitero bya Amerika byabaye nyuma yuko mu ntangiriro z’iki  cyumweru  amato atatu atwara peteroli anyura mu muhora wa  Hormuz agabweho ibitero, nubwo Iran itigeze yemera  ko ari yo yabigizemo uruhare.

Umunyamabanga Mukuru wa NATO, Mark Rutte yavuze ko ibitero bya Amerika byari bikenewe cyane, ashinja Iran kwica amasezerano y’agahenge.

Ku rundi ruhande ariko Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Iran, Mohammad Baqer Qalibaf yavuze ko Amerika ari yo yishe ayo masezerano y’agahenge yongera kugaba ibitero bishya.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA