Perezida Kagame yashimiye Arsenal yatwaye Shampiyona y’u Bwongereza
Siporo

Perezida Kagame yashimiye Arsenal yatwaye Shampiyona y’u Bwongereza

KAMALIZA AGNES

May 20, 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal, nyuma yo gutwara igikombe cya Shampiyona y’Abongereza yaherukaga mu 2004, ni ukuvuga mu myaka 22 ishize. Arsenal bizwi ko ari yo kipe afana, ikindi imaze imyaka umunani ikorana n’u Rwanda biciye muri gahunda ya Visit Rwanda.

Iyi kipe yegukanye Shampiyona (Premier League) yaherukaga mu mwaka w’imikino wa 2003/2004, nyuma y’uko Manchester City bari bahataniye igikombe yananiwe gutsinda AFC Bournemouth zikanganya igitego 1-1.

Mu butumwa yatangaje ku rukuta rwe rwa X, Perezida Kagame yagize ati: “Ishimwe kuri Arsenal, umufatanyabikorwa wacu wa Visit Rwanda ku kuba yegukanye igikombe cya shampiyona y’Abongereza nyuma y’umwaka w’imikino waranzwe no guhatana bikomeye. Ni igikombe yari ikwiriye!” 

Mugenzi we wa Kenya William Ruto na we yashimiye iyi kipe, aho mu butumwa bwe na we yagize ati: “Byari urugendo rw’akataraboneka gukurikira Arsenal uhereye mu bihe byo gutsindwa no gusubira inyuma, kugeza ku bihe byo kwiyubaka no kongera kuzamuka mu nzira yo gutsinda, kugera kugasongero ka Shampiyona y’u Bwongereza.

Muri uru rugendo, twabonye imbaraga z’icyizere, kwihangana, kugira intego no gukora cyane. Muri iri joro, igihembo gikomeye kirabonetse, ikipe iratsinze, ukwizera kwayo no kwitanga byagaragaye ko bifite ishingiro kandi umuhate wacu wo gutsinda binyuze mu kazi, imyitwarire myiza no gukorera hamwe urongeye uremejwe, Turishimye cyane ku ba Gunners!”

Abakinnyi b’ikipe ya Arsenal na bo ntibahwemye kugaragaza ko bishimiye cyane iyi ntsinzi nka Bokayo Saka, Declan Rice n’abandi bakoresheje imbuga nkoranyambaga zabo babigaragaza. Arsenal yatwaye iyi shampiyona isigaje umukino umwe uzayihuza na Crystal Palace F.C kuri iki Cyumweru ndetse yitegura n’umukino wanyuma wa UEFA Champions League uzayihuza na Paris Saint Germain kuwa 30 Gicurasi uyu mwaka.

Mu gihe byaba bibaye ko Arsenal itsinda uyu mukino, Arteta yaba abaye umutoza wa mbere mu mateka y’iyi kipe utwaye UEFA champions League ariko kandi anatwaye ibi bikombe byombi icyarimwe.

Perezida wa Kenya William Ruto na we yishimiye intsinzi ya Arsenal

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA