Perezida Kagame yitabiriye umukino wa Atletico Madrid na Arsenal (Amafoto) 
Siporo

Perezida Kagame yitabiriye umukino wa Atletico Madrid na Arsenal (Amafoto) 

SHEMA IVAN

April 30, 2026

Ku mugoroba wo ku wa 29 Mata 2026, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yitabiriye umukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League wabereye i Riyadh Air Metropolitano Stadium warangiye Atletico Madrid inganyije na Arsenal igitego 1-1. Ni amakuru yatangajwe mu rukerera rwo kuri uyu wa 30 Mata 2026 n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, ku mbuga nkoranyambaga.

Mu itangazo, Village Urugwiro bagize bati: “Kuri uyu mugoroba, Riyadh Air Metropolitano, Perezida Kagame yitabiriye umukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League wahuje abafanyabikorwa ba Visit Rwanda, Arsenal na Atlético Madrid, warangiye banganyije igitego 1–1”.

Ibitego byombi byatsinzwe na Viktor Gyökeres na Julián Alvarez kuri penaliti. Umukino wo kwishyura uzabera mu Bwongereza kuri Emirates Stadium, ku wa Kabiri tariki ya 5 Gicurasi 2026.

Aya makipe yombi y’umupira w’amaguru afitanye imikoranire na Leta y’u Rwanda yo kwamamaza binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda. Ni amasezerano yafashije u Rwanda mu ngeri nyinshi, aho rwinjiza amadovize aturuka mu bukerarugendo. Si ibyo gusa kuko Visit Rwanda inagaragaza isura ya nyayo kandi nziza y’u Rwanda ndetse n’amateka y’igihugu akarushaho kumenyekana mu ruhando mpuzamahanga.

Umukino wabereye kuri Riyadh Air Metropolitano Stadium yakira abantu ibihumbi 70
Perezida Kagame ari kumwe na Perezida wa Atletico Madrid Enrique Cerezo Torres
Perezida Kagame yahawe impano na Perezida wa Atlético Madrid, Enrique Cerezo Torres
Perezida Kagame aganira n’abayobozi ba Atlético Madrid
Perezida Kagame yakiriwe kuri Riyadh Air Metropolitano

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA