Police VC, REG na Kepler zageze muri ¼ cya Shampiyona Nyafurika, APR biranga
Amakuru

Police VC, REG na Kepler zageze muri ¼ cya Shampiyona Nyafurika, APR biranga

SHEMA IVAN

April 30, 2026

Amakipe atatu muri ane ahagarariye u Rwanda mu mikino ya Shampiyona Nyafurika ya ‘CAVB Club Championship 2026’ ari yo Police VC, Kepler VC na REG VC yageze ¼ mu gihe APR VC yo yabinaniwe nyuma yo gutsindwa na Fath Union Sport yo muri Maroc. 

Ku wa Gatatu tariki ya 29 Mata 2026, ni bwo hakinwe imikino ⅛ ku makipe yitwaye neza  mu matsinda y’iri rushanwa riri kubera i Kigali ku nshuro ya 47. REG VC yabimburiye andi makipe yo mu Rwanda kugera muri ¼, nyuma yo gutsinda Sport-s VC yo muri Uganda amaseti 3-0 (25-18, 25-17, 25-20).

Andi makipe yo mu Rwanda yitwaye neza ni Police VC yasezereye Nigeria Customs Service ku maseti 3-0 (25-21, 25-16, 25-21) nyuma yaho  Kepler VC isezereye General Service Unit yo muri Kenya ku maseti 3-1 (23-25, 25-23, 28-26, 25-19). Umukino wasoje indi yose ni uwahuje Fath Union Sports (FUS) n’ikipe ya APR VC.

Fath Union Sport yabanje gutsinda APR VC amaseti abiri ku busa ku manota 25-23 na 25-18. APR yihagezeho itwara iseti ya gatatu y’umukino ku manota 25-22 ariko bigeze mu iseti ya kane yagerageje guhangana ariko birangira byanze iyitsinzwe ku manota 25-21,  umukino urangira itsinzwe amaseti 3-1 (23-25, 18-25, 25-22, 21-25).

Mu yindi mikino ya 1/8 cy’irangiza yakinwe, Kenya Ports Authority yasezereye Nemo Stars VC yo muri Uganda iyitsinze amaseti 3-1. Port Autonome de Douala yo muri Cameroon yasezereye Equity Bank VC yo muri Kenya iyitsinze amaseti 3-0. 

Petrojet SC yo mu Misiri yasezereye Ghana Army iyitsinze amaseti 3-1 naho Al Ahly yo mu Misiri isezerera Kalibi SC yo muri Ghana iyitsinze amaseti 3-0. Imikino irakomeza kuri uyu wa Kane muri BK Arena no muri Petit Stade hakinwa imikino ya 1/4 n’iyo guhatanira imyanya kuva ku mwanya wa 17.

Kuba Kepler VC ihura na Police VC muri 1/4 bivuze ko hari ikipe imwe yo mu Rwanda izakina 1/2 cy’iyi Shampiyona Nyafurika ya Volleyball iri kubera i Kigali.

Ikipe ikomeza hagati yazo, muri 1/2 izahura n’izaba yakomeje hagati ya REG VC na KPA VC yo muri Kenya. Mu gihe REG VC yaba ikomeje kuri uyu wa Kane, u Rwanda rwaba rwizeye kugira ikipe ku mukino wa nyuma, ibitarigeze bibaho mu mateka yarwo.

APR VC yo irahura na Kalibi VC yo muri Ghana mu mukino wo guhatanira imyanya ya 9-16, ubera muri Petit Stade guhera saa 20:00.

Uko amakipe ahura mu mikino ya ¼

Kenya Ports Authority na REG VC saa 10:00; 

Kepler VC irahura na Police VC saa 12:00; 

Port Autonome de Douala ikine na Petrojet SC saa 18:00; 

Fath Union Sport irahura na Al Ahly saa 20:00.

Perezida wa FRVB, Ngarambe Raphaël na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana mu bakurikiye imikino yabaye ku wa Gatatu
Minisitiri wa Siporo, Mukazayire Nelly na Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umukino wa Volleyball muri Afurika (CAVB), Bouchra Hajij, na bo bakurikiye imikino
APR VC yasezerewe muri 1/8 itsinzwe na Faith Union yo muri Maroc amaseti 3-1
Kepler VC yageze muri 1/4 itsinze GSU yo muri Kenya amaseti 3-1
REG VC yageze muri 1/4 isezereye Sports-s yo muri Uganda ku maseti 3-0
Abapolisi bakomeje gufasha Police VC gukomeza kwitwara neza muri iri rushanwa
Police VC mu makipe ataratsindwa muri irushanwa

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA