Amakipe atatu muri ane ahagarariye u Rwanda mu mikino ya Shampiyona Nyafurika ya ‘CAVB Club Championship 2026’ ari yo Police VC, Kepler VC na REG VC yageze ¼ mu gihe APR VC yo yabinaniwe nyuma yo gutsindwa na Fath Union Sport yo muri Maroc.
Ku wa Gatatu tariki ya 29 Mata 2026, ni bwo hakinwe imikino ⅛ ku makipe yitwaye neza mu matsinda y’iri rushanwa riri kubera i Kigali ku nshuro ya 47. REG VC yabimburiye andi makipe yo mu Rwanda kugera muri ¼, nyuma yo gutsinda Sport-s VC yo muri Uganda amaseti 3-0 (25-18, 25-17, 25-20).
Andi makipe yo mu Rwanda yitwaye neza ni Police VC yasezereye Nigeria Customs Service ku maseti 3-0 (25-21, 25-16, 25-21) nyuma yaho Kepler VC isezereye General Service Unit yo muri Kenya ku maseti 3-1 (23-25, 25-23, 28-26, 25-19). Umukino wasoje indi yose ni uwahuje Fath Union Sports (FUS) n’ikipe ya APR VC.
Fath Union Sport yabanje gutsinda APR VC amaseti abiri ku busa ku manota 25-23 na 25-18. APR yihagezeho itwara iseti ya gatatu y’umukino ku manota 25-22 ariko bigeze mu iseti ya kane yagerageje guhangana ariko birangira byanze iyitsinzwe ku manota 25-21, umukino urangira itsinzwe amaseti 3-1 (23-25, 18-25, 25-22, 21-25).
Mu yindi mikino ya 1/8 cy’irangiza yakinwe, Kenya Ports Authority yasezereye Nemo Stars VC yo muri Uganda iyitsinze amaseti 3-1. Port Autonome de Douala yo muri Cameroon yasezereye Equity Bank VC yo muri Kenya iyitsinze amaseti 3-0.
Petrojet SC yo mu Misiri yasezereye Ghana Army iyitsinze amaseti 3-1 naho Al Ahly yo mu Misiri isezerera Kalibi SC yo muri Ghana iyitsinze amaseti 3-0. Imikino irakomeza kuri uyu wa Kane muri BK Arena no muri Petit Stade hakinwa imikino ya 1/4 n’iyo guhatanira imyanya kuva ku mwanya wa 17.
Kuba Kepler VC ihura na Police VC muri 1/4 bivuze ko hari ikipe imwe yo mu Rwanda izakina 1/2 cy’iyi Shampiyona Nyafurika ya Volleyball iri kubera i Kigali.
Ikipe ikomeza hagati yazo, muri 1/2 izahura n’izaba yakomeje hagati ya REG VC na KPA VC yo muri Kenya. Mu gihe REG VC yaba ikomeje kuri uyu wa Kane, u Rwanda rwaba rwizeye kugira ikipe ku mukino wa nyuma, ibitarigeze bibaho mu mateka yarwo.
APR VC yo irahura na Kalibi VC yo muri Ghana mu mukino wo guhatanira imyanya ya 9-16, ubera muri Petit Stade guhera saa 20:00.
Uko amakipe ahura mu mikino ya ¼
Kenya Ports Authority na REG VC saa 10:00;
Kepler VC irahura na Police VC saa 12:00;
Port Autonome de Douala ikine na Petrojet SC saa 18:00;
Fath Union Sport irahura na Al Ahly saa 20:00.








