Ikipe ya Atletico Madrid yanganyije na Arsenal igitego 1-1 mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League, wabereye kuri Riyadh Air Metropolitano mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki ya 29 Mata 2026.
Uyu mukino wahuzaga amakipe yombi afitanye ubufatanye n’u Rwanda aho yamamaza ubukerarugendo bwarwo binyuze muri Visit Rwanda.
Ni umukino watangiye wegeranye cyane, umupira ukinirwa cyane mu kibuga hagati bituma n’uburyo bwo kurema igitego buba buke ku mpande zombi.
Ku munota wa 14, Julian Alvarez wa Atletico Madrid yashoboraga gufungura amazamu ku ishoti rikomeye yatereye hanze y’uburuga rw’amahina, umupira ushyirwa muri koruneri n’umunyezamu Davida Raya.
Mu minota 30, Atletico Madrid yihariye umupira hagati mu kibuga igerageza gusatira izamu rya Arsenal binyuze mu bakinnyi basatira barimo Ademola Lookman na Julian Alvarez, ariko bakagorwa no kubyaza umusaruro amahirwe babonaga yo gutsinda.
Ku munota wa 42, Victory Gykorees wa Arsenal yakiniwe nabi mu rubuga rw’amahina na David Hancko, umusifuzi yemeza ko ari Penaliti.
Iyi Penaliti yinjijwe neza n’uyu rutahizamu atsindira Arsenal igitego cya mbere bituma isoza igice cya mbere iyoboye n’igitego 1-0.
Atletico Madrid yagarukanye imbaraga nyinshi mu igice cya kabiri isatira cyane, bidatinze ku munota wa 55 myugariro wa Arsenal Ben White akora ku mupira n’akaboko, umusifuzi yifashishije VAR yemeza ko ari Penaliti.
Iyi Penaliti yatewe neza na rutahizamu Julian Alvarez atsindira Atletico Madrid igitego cyo kwishyura.
Iyi kipe yakomeje gusatira cyane ku buryo ku munota wa 63 Antoine Griezmann yahushije igitego cyabazwe, ku ishoti rikomeye yatereye mu rubuga rw’amahina umupira ugakubita igiti cy’izamu.
Ku munota wa 68, Umutoza wa Arsenal yakoze impinduka eshatu, Gabriel Martinelli, Noni Madueke na Viktor Gyokeres basimburwa na Leandro Trossard, Bukayo Saka na Gabriel Jesus.
Ku munota wa 74, Ademola Lookman wa Atletico Madrid yahushije igitego cyabazwe ari wenyine imbere y’izamu, ku mupira yateye ufatwa neza n’umunyezamu David Raya.
Ku munota wa 80, Arsenal yibwiraga ko yabonye Penaliti ku ikosa Eberechi Eze yari akorewe mu rubuga rw’amahina, ariko umusifuzi yifashishije VAR asaga ntakosa yakorewe.
The Gunners yihariye iminota 10 ya nyuma isatira cyane Atletico Madrid ariko ubwugarizi n’umunyezamu bakomeza guhagarara neza.
Umukino warangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1 mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League.
Umukino wo kwishyura uzabera mu Bwongereza kuri Emirates Stadium, ku wa Kabiri tariki ya 5 Gicurasi 2026.







