Petro de Luanda yo muri Angola yageze muri kimwe cya kabiri (½) nyuma yo guhigika Dar City yo muri Tanzania ku manota 83 kuri 69, mu mikino ya hsampiyona Nyafurika ya Basketball (BAL) iri kubera i Kigali.
Ni umukino wavuga ko utagoye cyane Petro kuko mu gace ka mbere yatsinze Dar amanota 26 kuri 16 mu gace ka kabiri hiyongeraho 20 aba 46 kuri 36, mu gace ka gatatu hiyongeraho 22 aba 68, naho mu gace ka kane hiyongeraho 15 umukino urangira ari 83 kuri 69.
Mu mukino ubanza wari wabaye ku wa 23 Gicurasi 2026, ikipe ya Dar City yari yatsinze Petro de Luanda amanota 88 kuri 82 ibyatumye igiteranyo cyayo gituma Petro de Luanda igira amanota menshi iba ikomeje muri ½ isanzeyo RSSB Tigers ihagarariye u Rwanda, Al Ahly yo mu Misiri, ndetse na AL Ahly Ly yo muri Libya.
Imikino yo kwisobanura no kwishakamo amakipe abiri akina umukino wa nyuma izatangira ku wa Gatatu tariki ya 27 Gicurasi 2026 ubwo RSSB Tigers izahura na AL Ahly yo mu Misiri, naho Petro De Luanda yo muri Angola ihure na Al Ahly Ly yo muri Libya ku wa 28 Gicurasi.
Izizabasha gutsinda zizahurira ku mukino wa nyuma ku Cyumweru tariki ya 31 Gicurasi 2026, ari na bwo hazaba umukino wo gushaka umwanya wa gatatu.




